Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Kiyovu ishobora kugarura Alain-André Landeut nk’umutoza mukuru

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2023/01/22 2:35 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Nyuma yo gusubizwa mu nshingano bivugwa ko zikubiye mu masezerano yagiranye n’ikipe zo kuba Umuyobozi wa Siporo muri iyi kipe, Alain-André Landeut ashobora kongera kugororerwa gusubirana iyi kipe nk’umutoza mukuru nk’inshingano yahoranye n’ubundi.

Alain-André Landeut ashobira gusubizwa inshingo zo gutoza Kiyovu nk’umutoza mukuru

Tariki 5 Ukuboza 2022, ni bwo Ubuyobozi bw’ikipe ya Kiyovu Sports bwatangaje ko bwamaze gusubiza uyu mutoza w’Umubiligi mu nshingano ze zo kuyobora ibikorwa byose bya Siporo muri iyi kipe.

Icyo gihe, byemejwe n’uwari Perezida w’iyi kipe yo ku Mumena, Mvukiyehe Juvénal, wahamije ko mu masezerano ya Alain-André Landeut hatarimo kuba umutoza mukuru w’ikipe.

Yagize ati “Ubwo yazaga yasinyiye amasezerano yo kuba ‘Manager’ icyo twamumenyesheje ni uko tugiye kuzana umutoza mukuru.”

Kwamamaza

Mvukiyehe icyo gihe yakomeje avuga ko umutoza mushya azatangazwa mu gihe kitarambiranye.

Yagize ati “Umutoza turimo turaganira biri hafi kurangira.”

Nyuma yo gusoza imikino ibanza ikipe itozwa na Mateso Jean de Dieu by’agateganyo, ikipe ntiyigeze izana undi mutoza mukuru kuko uyifite nta byangombwa bimwemerera kuba umutoza mukuru afite.

Aganira na BPlus TV ku wa Gatanu tariki 20 Mutarama 2023, Umunyamabanga Mukuru wa Kiyovu Sports, Munyengabe Omar yaciye amarenga ko Alain-André Landeut ashobora gusubizwa inshingano yahozemo.

Ati “Byose birashoboka. Ashobora kugaruka agasubira mu nshingo zo gutoza nk’umutoza mukuru. Ni umukozi wa Kiyovu kandi ufite amasezerano. Ubuyobozi buracyareba igishoboka. Ntabwo twahita tuzana undi kandi hakiri undi mutoza.”

Munyengabe yakomeje avuga ko uyu Mubiligi akorana bya hafi na Mateso Jean de Dieu usanzwe ari umutoza wungirije.

Ati “N’ubundi bakorana bya hafi kandi nzi ko buzuzanya. Ndumva Alain-André Landeut agarutse gutoza ikipe nta kibazo kibirimo.”

Ubwo hakorwaga izi mpinduka, imbarutso yaturutse ku gutsindwa imikino ibiri ya shampiyona ya Gasogi United yatsinze Kiyovu Sports ibitego 3-1 na AS Kigali yayitsinze ibitego 4-2.

Ikipe ifite amanota 31 mu mikino 16 ya shampiyona imaze gukina. Irarushanwa abiri na AS Kigali ifite 33 mu mikino 16 imaze gukina.

Mateso na Alain-André Landeut basanzwe bakorana neza

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

RIB yataye muri yombi Nshimiye Joseph

Inkuru ikurikira

Ferwafa yashyize igorora abasifuzi

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
IFOTO itangaje: Umwana utaruzuza imyaka 10 yitabiriye isiganwa ry’amagare

IFOTO itangaje: Umwana utaruzuza imyaka 10 yitabiriye isiganwa ry’amagare

2023/03/27 11:18 AM
Swimming: Abasaga 100 bitabiriye irushanwa rya Mako Sharks

Swimming: Abasaga 100 bitabiriye irushanwa rya Mako Sharks

2023/03/26 8:54 PM
Amagare: Niyonkuru Samuel yegukanye Kivu Belt Race

Amagare: Niyonkuru Samuel yegukanye Kivu Belt Race

2023/03/26 7:44 PM
FERWAFA yatangiye gukundisha abakobwa umupira w’amaguru

FERWAFA yatangiye gukundisha abakobwa umupira w’amaguru

2023/03/26 10:25 AM
Inkuru ikurikira
Ferwafa yashyize igorora abasifuzi

Ferwafa yashyize igorora abasifuzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010