Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Muhanga: Ibitaro by’ababyeyi biruzura mu mpera za Mutarama

Yanditswe na: Elisée MUHIZI
2023/01/03 4:24 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp
Ibitaro by’iKabgayi ababyeyi basuzumiramo bakanahabyarira biruzura mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2023.

Ibitaro by’ababyeyi biruzura mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama uyu mwaka wa 2023

Mu Kiganiro UMJSEKE wagiranye n’Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Kabgayi Dr Muvunyi Jean Baptiste avuga ko imirimo yo kubaka ibi Bitaro izasozwa mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama.

Dr Muvunyi yavuze ko bimwe mu bikoresho bizajya muri iyi nyubako byamaze kuhagera akizera ko ibisigaye bizahagera icyo gihe.

Yavuze ko ibi Bitaro nibyuzura bizakira ababyeyi n’abarwayi benshi kuko bizaba birimo serivisi z’ababyeyi zitandukanye.

Dr Muvunyi yavuze ko muri iyi nyubako nshya kandi hazaba harimo ibyumba ababyeyi babyariramo bagasuzuma n’izindi ndwara bafite, serivisi zita ku mpinja, indembe z’abakuze ndetse n’amaseta 4 kuko bari basanganywe 2 mu bitaro by’ababyeyi bishaje bakoreragamo.

Kwamamaza

Ati “Muri ibi Bitaro hazaba harimo uburuhukiro, n’icyuma cyo mu bwoko bwa Scanner  kubera ko basanganywe Radiologie ndetse na Echographie.”

Uyu Muyobozi yavuze ko harimo kandi n’icyuma gisuzuma amabere y’ababyeyi ndetse n’icyuma cyifashishwa mu guteka no gusukura ibikoresho byo kwa Muganga, ndetse bizaba biri ku rwego rw’Ibitaro bya Kaminuza na za mudasobwa nyinshi bazajya bigishirizaho.

Umuyobozi wungurije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Muhanga Mugabo Gilbert avuga ko ibi Bitaro nibyuzura bizafasha mu kugabanya ubucucike abarwayi bahuraga nabwo.

Mugabo avuga ko abarwayi baturukaga mu bigo Nderabuzima 12 byo muri aka Karere, 5 muri byo bizajya byohereza abarwayi babyo mu Bitaro bya Nyabikenke byatangiye gutanga serivisi.

Ati “Ububi bw’imihanda iva muri ibyo bice byatumaga imbangukiragutebuka zitinda kugeza ababyeyi iKabgayi bakabyarira mu nzira.”

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Kabgayi buvuga ko abarwayi benshi bagana ibi Bitaro baturuka mu Karere ka Muhanga,  Kamonyi na Ruhango.

Ibitaro by’ababyeyi iKabgayi bizaba bifite ibitanda 190, imirimo yo kubyubaka yatangiye mu mwaka wa 2021, bizuzura bitwaye miliyari zirenga 6 z’amafaranga y’uRwanda.

Inkunga yo kubyubaka yatanzwe n’Imbuto Foundation iyobowe n’Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Madame Jeannette Kagame.

Ibi Bitaro bizuzura bitwaye miliyari 6 zirenga z’amafaranga y’u Rwanda.
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Kayonza: Baranenga imiryango yavanye abana mu ishuri kubera imyemerere

Inkuru ikurikira

LAMUKA yasabyeTshisekedi kutizera namba ingabo za EAC 

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
LAMUKA yasabyeTshisekedi kutizera namba ingabo za EAC 

LAMUKA yasabyeTshisekedi kutizera namba ingabo za EAC 

Ibitekerezo 1

  1. Theogene GASANA says:
    shize

    IRI NI ITERAMBERE KABISA; Ndakeka ariyo nzu nziza y’ubatswe muri MUHANGA.

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010