Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Kigali – Injangwe yavugiye mu nda y’umugabo bikekwa ko yayibye

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/01/06 12:09 PM
A A
5
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35 uzwi nka Gasongo hafi ya gare ya Nyabugogo, ku hazwi nko kwa Mutangana, yagaragaye yabuze amahoro mu nda ye havugiramo injangwe byavugwaga ko yibye.

Abari Nyabugogo batunguwe no kumva injangwe ivugira mu nda y’uwayibye

Inkuru ya BTN yo ku wa Kane, tariki ya 05 Mutarama 2023, ivuga ko uyu mugabo bikekwa ko ku wa Gatatu tariki ya 04 Mutarama 2023, yibye iyo njangwe umwe mu bacuruzi akaza kuyigurisha ku bakorera kwa Mutangana .

Uyu mugabo akimara kugurisha iryo tungo, nibwo ryatangiye kumvikana rivugira mu nda ye.

Umunyamakuru wa BTN wari hafi yaho uyu mugabo yarimo akumbagurika, yafashe amajwi n’amashusho uyu mugabo mu nda ye ijangwe inyawuza.

Kwamamaza

Icyakora nyuma yaje kuyisanga aho yari yayigurishije arayifata ayisubiza nyirayo iryo jwi ntiryongera kumvikana.

Umugabo bivugwa ko yari yibwe injangwe yatangaje ko nta ruhare afite mu kuba iyo njangwe yavugiye mu nda ya Gasongo, ahubwo ngo bisanzwe bimubaho.

Yagize ati “Uriya mugabo wagira ngo ni ibintu byamufashe. Hano inyuma mu isoko (Kwa Mutangana), ipusi yabwaguriyemo ibibwana byinshi. Ejo ku wa Gatatu abikuramo ajya kubigurisha. Ukuntu bigarutse ntabwo mbizi. Ntabwo ari iyanjye.”

Ubwo uyu bikekwa ko yari yibye iyi njangwe yayishyikirizaga uyu mugabo injangwe ye, yabaye muzima, ashima Imana, atangira gusuhuza abari hafi aho ibyo byabereye.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Minisitiri w’Ingabo wa Mozambique yaganirije abasirikare b’u Rwanda

Inkuru ikurikira

Handball: Abaturage b’i Rubavu bashonje bahishiwe

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

2023/02/04 9:42 PM
Inkuru ikurikira
Handball: Abaturage b’i Rubavu bashonje bahishiwe

Handball: Abaturage b'i Rubavu bashonje bahishiwe

Ibitekerezo 5

  1. Israel says:
    shize

    Yewe n’agahoma munwa ipusi nayo igeze aho kwibwa? Mbega!!!

  2. Iradukunda eram says:
    shize

    Uwandangira nyir’iyo pusi tukaganira.

  3. Fanuel Buregea says:
    shize

    Ahebe kwiba atazongera gusa nyiri pusi nawe ntiyoroshe

  4. Anonymous says:
    shize

    Aha ubu kandi haruhakana ko tutageze mu minsi ya nyuma? Kubona umuntu yiba ipusi! undi nawe ati reka mwumvishe gusa ntangajwe ni uko nyiri pusi nako uwo murozi nawe atabyemeye.

  5. KAVAMAHANGA says:
    shize

    HHHHHHHH YAMUKOSOYE. AZONGERE

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010