Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Afurika

Perezida Ruto yasabye ibihugu by’Akarere gukaza ingamba ku iterabwoba

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/17 10:15 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Perezida wa Kenya William Samoei Ruto, yihanganishije abagizweho ingaruka n’igitero cy’iterabwoba cyabaye ku rusengero ahitwa Kasindi muri Congo.

Perezida William Ruto ahana ikiganza na Perezida Felix Tshisekedi wa Congo

Mu butumwa bwe, William Ruto yavuze ko yababajwe n’icyo gitero cyabereye ku rusengero CEPAC Lubiriha Church ubwo bari mu muhango wo kubatiza ku Cyumweru tariki 15 Mutarama, 2023.

Iki gitero cyahitanye abagera kuri 17 b’abasivile abandi barakomereka.

Perezida William Samoei Ruto, yagize ati “Iki gitero kibabaje kitwibutsa ko hari inzitizi y’iterabwoba, ko hakenewe gufata ingamba zikomeye mu rwego rwo gushaka igisubizo mu bihugu byacu, kuri buri wese cyangwa twese hamwe kugira ngo duhangane n’iki kibazo mu rwego rwo gushaka amahoro n’umutekano ku isi.”

Kwamamaza

Yavuze ko we n’abaturage ba Kenya bihanganishije abagizweho ingaruka na kiriya gitero, ndetse no kwifuriza abakomeretse gukira vuba.

Igihugu cya Kenya cyohereje ingabo muri Congo gufasha mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa kiriya gihugu cyayogojwe n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’ibyihebe bya ADF.

Gusa, ingabo za Kenya ziri cyane mu bikorwa byo guhagarika intambara hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya Congo.

Congo Kinshasa yashyize ingufu mu guhangana n’umutwe wa M23 ivuga ko ari uw’iterabwoba, ariko muri kiriya gihugu hari imitwe y’inyeshyamba Iringa 100 ivugwa cyane ni Mai Mai, ADF na CODECO idasiba kwica abaturage mu duce ikoreramo, ndetse na FDLR ugizwe n’Abanyarwanda bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Tshisekedi yatanze ubutumwa ku byihebe byishe Abakristu i Kasindi

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

TO THE PUBLIC NOTICE: SUMMA RWANDA Ltd. IS HIRING MOBILE CRANES

Inkuru ikurikira

ISOKO: SUMMA RWANDA Ltd. IKENEYE IMASHINI ZITERURA IBIREMEREYE

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
M23 si umutwe w’ibyihebe, barwanira uburenganzira bwabo – Gen Muhoozi

Gen Muhoozi agiye gusezera igisirikare – Arajya he?

2023/03/27 3:41 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
TO THE PUBLIC NOTICE: SUMMA RWANDA Ltd. IS HIRING MOBILE CRANES

ISOKO: SUMMA RWANDA Ltd. IKENEYE IMASHINI ZITERURA IBIREMEREYE

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010