Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

RIB ikomeje iperereza ryimbitse ku muturage wasanzwe aziritswe iminyururu

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/17 11:26 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruvuga ko rukomeje iperereza ryimbitse ku mugabo bivugwa ko ari umuvuzi gakondo, watawe muri yombi nyuma yo gusanga iwe umuntu uziritswe iminyururu ku maboko n’amaguru.

Umuturage yasanzwe aziritse iminyururu idanangiye n’ingufuri

RIB ivuga ko yafunze BIZIMAMA Claver w’imyaka 60 y’amavuko akurikiranyweho ibyaha bitatu.

Bizimana yafashwe tariki 16/01/2023, akekwaho Ifungiranwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko, Gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake no Kwiyitirira urwego rw’umwuga, impamyabushobozi, impamyabumenyi cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yabwiye UMUSEKE ko Bizimana bikekwa ko mu bihe bitandukanye yakoze biriya byaha, aho yakoraga ibikorwa by’ubuvuzi gakondo atabyemerewe.

Kwamamaza

Intandaro yo kugira ngo Bizimana afatwe ni umuturage witwa UWIMUHWE Emmanuel w’imyaka 26 wasanzwe iwe ahamaze iminsi, abamubonye yari aziritswe iminyururu ku maboko n’amaguru, bivugwa ko ngo yavurwaga amadayimoni.

RIB ivuga ko uregwa (Bizimana) yari yaramuzirikishije iminyururu ku maguru n’amaboko, akajya amubuza kugenda yitwaje ko ari kumuvura ubwo burwayi bwo mu mutwe bitaga amadayimoni yatererejwe.

Yabikoreye iwe mu rugo mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Muhondo, Akagari ka Ruganda, Umudugudu wa Mubuga.

Bizimana afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Rushashi “mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

Rwanda: Hatahuwe abantu bamaze igihe ku ngoyi mu rugo rw’umuturage

 

Abanyarwanda birinde kwivuriza ahatemewe

RIB isaba abaturarwanda kujya bagana amavuriro yemewe igihe hari urwaye aho kugira ngo bajye kwivuriza ahantu hatera ibibazo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Byagiye bigaragara ko hari abajya kwivuriza ahantu nkaho bakagwayo kuko ibyo bavuga ko babavura si byo baba barwaye. Ibi rero bigira ingaruka nini ku buzima, cyane harimo ubumuga bwa burundu cyangwa urupfu.”

Yavuze ko abantu bakwiye kuzibukira bakizera ubuvuzi igihugu cyashyizeho.

Yagize ati “RIB iributsa abaturarwanda ko itazihanganira uwo ari we wese ukora ibyaha nk’ibi inakangurira abantu gukomeza kubyirinda kuko ari ibyaha bihanwa n’amategeko kandi ko ubikoze wese azafatwa agashyikirizwa Ubutabera.”

Amategeko ateganya ko uhamwe n’icyaha cy’ITWARWA N’IFUNGIRANWA RY’UMUNTU BITEMEWE N’AMATEGEKO ahanwa N’INGINGO YI 151 y’Itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Itegeko riteganya igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 7.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

ISOKO: SUMMA RWANDA Ltd. IKENEYE IMASHINI ZITERURA IBIREMEREYE

Inkuru ikurikira

Visha Keiz yakoranye indirimbo n’umugande Red-Q -VIDEO

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
Visha Keiz yakoranye indirimbo n’umugande Red-Q -VIDEO

Visha Keiz yakoranye indirimbo n'umugande Red-Q -VIDEO

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010