Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Rutsiro: Abagizi ba nabi bateye ibyuma abantu babiri

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/01/23 1:06 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Abagizi ba nabi batamenyekanye bateze abagabo babiri bo mu Karere ka Rutsiro babatera  ibyuma babagira intere.

Akarere kavugwamo ubugizi bwa nabi

RwandaNews 24 ivuga ko ibi byabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Mutarama 2023, mu Murenge wa Ruhango, Akagari ka Kavumu, Akarere ka Rutsiro.

Amakuru avuga ko umugabo w’imyaka 50 y’amavuko yatezwe n’abagizi ba nabi avuye ku kazi mu masaha y’ijoro.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Havugimana Etienne, yatangaje ko uwari uje gutabara na we yakomeretse.

Kwamamaza

Yagize ati “Ahagana saa saa sita z’ijoro, abagizi ba nabi batamenyekanye batangiriye uwitwa Uwimana Paul ufite imyaka 50 aratabaza, uwitwa Bizimana Evariste ufite imyaka 23 na we asohotse aje gutabara bose babatera ibyuma mu mutwe no ku maboko barabakomereka.”

Yakomeje avuga ko abakomeretse bihutiwe kubageza kwa muganga.

Ati “Abakomeretse bajyanywe ku kigo nderabuzima cya Kayove, ariko uwitwa Uwimana Paul we yagejejwe ku bitaro bya Murunda ari kwitabwaho n’abaganga.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo abo bagizi ba nabi bari bamenyekana, kuko abaturage batabaye bo bakiruka bajya mu mashyamba ya Mushonyi, gusa iki kibazo ntitwakirebera hatangiye iperereza.”

Havugimana akomeza asaba abaturage kwirindira umutekano ariko bakirinda ingendo za nijoro.

Ati “Turihanganisha Uwimana Paul wahuye n’ibibazo, kandi turasaba abaturage gukomeza gukaza amarondo kuko ni imwe mu ngamba zidufasha twese kwibungabungira umutekanobo.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Volleyball: FRVB yashimiye abarimo Gasongo bakiniye ikipe y’Igihugu

Inkuru ikurikira

Christopher yateguje Abanyaburayi ibitaramo

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

2023/02/04 9:42 PM
Inkuru ikurikira
Christopher yateguje Abanyaburayi ibitaramo

Christopher yateguje Abanyaburayi ibitaramo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010