Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Umukobwa yateye icyuma umwe mu bagabo yararanye na bo

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2023/01/08 10:13 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

GAKENKE: Umukobwa w’imyaka 19 ukora umwuga wo kwicuruza mu Karere ka Gakenke yateye icyuma umwe mu bagabo yararanye nabo, ni nyuma y’uko banze kumwishyura bamaze kwiha akabyizi.

Ifoto irirho ikimenyetso gikumira ibyaha

Ibi byabaye mu rukerera rwo kuri iki cyumweru, tariki ya 8 Mutarama 2023, mu Mudugudu wa Jango mu Kagari ka Gatonde  mu Murenge wa Ruli.

Amakuru avuga ko uyu mukobwa uvuka mu Murenge wa Minazi wari ucumbitse muri Centre ya Gahira yararanye n’abagabo babiri bamwima amafaranga bari bumvikanye ngo abahe ibyishimo.

Ubwo bushyamirane bwakuruwe no kutishyurwa amafaranga yabiriye ibyuya, bwatumye uwo mukobwa witwa Umurutasate Egidia atera icyuma ku kaboko, mu mugongo no mu mutwe uwitwa Niyomukiza w’imyaka 23 y’amavuko.

Kwamamaza

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruli, Hakizimana Jean Bosco yabwiye UMUSEKE ko uyu mukobwa yateye icyuma Niyomukiza nyuma yo kwanga kumwishyura amafaranga bumvikanye.

Ati “Bararwana rero amutera icyuma ngo yaramugendanye amafaranga bumvikanye, umugabo yagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyange muri Coko.”

Gitifu Hakizimana avuga ko mu Murenge wa Ruli hamaze kugwira abakora umwuga wo kwicuruza baturuka hirya no hino mu gihugu bakurikiye amafaranga aturuka mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Harimo n’amafaranga birumvikana bavana muri ayo mabuye, uburaya burahari ariko indaya zikora urugomo nibwo bibaye.”

Umurutasate Egidia ari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Ruli mu gihe uwakomeretse yagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyange muri Coko.

Abaturage basabwe kwibuka indangagaciro Nyarwanda bakareka kwishora mu busambanyi ndetse bakajya batangira amakuru ku gihe kugira ngo bifashe inzego z’ibanze n’iz’umutekano gutabara.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Rubavu: Umugabo ukekwaho kwica mushiki we yarashwe “ashaka gutoroka”

Inkuru ikurikira

Umufasha wa Tshisekedi yatuwe agahinda n’abagore b’Abanyamulenge

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Umufasha wa Tshisekedi yatuwe agahinda n’abagore b’Abanyamulenge

Umufasha wa Tshisekedi yatuwe agahinda n'abagore b'Abanyamulenge

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010