Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Musanze: Hadutse uburwayi budasanzwe mu ngurube – Dore ingamba zihutirwa ku borozi (AUDIO)

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/02/21 9:57 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwategetse imwe mu Mirenge ikagize guhagarika ibikorwa byo kotsa ‘akabenzi” kubera uburwayi budasanzwe bwibasiye ingurube.

Ingurube ni itungo bisaba ko nyiraryo aryitaho, akarimenyera isuku

Bimwe mu bimenyetso ingurube zafashwe n’ubwo burwayi zigaragaza harimo umuriro mwinshi, kwanga kurisha, gucika intege, amabara atukura ku ruhu no guhumeka nabi.

UMUSEKE wagerageje kuvugisha umuganga w’amatungo mu Karere, atwizeza kuza kuduha amakuru, ariko ntiyaboneka.

Gusa, UMUSEKE wavugishije Shirimpumu Jean Claude umworozi ufite uburambe mu korora ingurube mu buryo bwa kijyambere, akaba anakuriye ishyirahamwe ry’aborozi b’ingurube mu gihugu, yavuze ko iriya ndwara iri i Musanze yamenyekanye ndetse ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), cyamaze gufata impagararizi (sample) ngo bamenye iby’iyo ndarwa.

Kwamamaza

Ati “Bimwe mu bimenyetso byaragaye ni uko ari imwe mu ndwara ikunze kuba mu ngurube, yanagaragaye umwaka ushize mu Ntara y’Iburasirazuba, i Kayonza, na Rwamagana, ijya kwitiranwa na Muryamo kuko zombi zihuje ibimenyetso, ariko ikiriho cyiza ni uko ishobora kwirindwa kandi n’iyo itungo ryafashwe ryagaragaje ibimenyetso rishobora gutabarwa ntiripfe.”

Umva ikiganiro kirambuye

https://umuseke.rw/wp-content/uploads/2023/02/WhatsApp-Audio-2023-02-21-at-09.46.21.mp4

Mu itangazo ryo ku wa 20 Gashyantare 2023, Umuyobozi w’Akarere, Ramuri Janvier, yavuze ko mu gihe cy’iminsi ine (4) gusa  mu Murenge wa Muko hadutse uburwayi budasanzwe mu ngurube ndetse zikaba ziri gupfa.

Abatuye imirenge ya Muko, Muhoza, Kimonyi, Rwaza, Busogo basabwe kwihutira gushyira mu bikorwa ingamba zafashwe.

Zimwe mu ngamba zafashwe harimo guhagarika ahantu hose habagirwa ingurube no gufunga ibyokezo byose by’ibyingurube muri iyo  Mirenge.

Akarere kasabye kandi ko “itwarwa ry’ingurube zivanwa cyangwa zijyanwa mu Mirenge yavuzwe ribujijwe.”

Ubuyobozi bw’Akarere bwasabye kandi ko ingurube zipfuye zigomba gutabwa mu byobo birebire.

Aborozi bagirwa inama yo kunoza ingamba z’isuku mu biraro, harimo gukoresha ishwagara itwitse, kugira ubukandagiro burimo umuti bukoreshwa mbere yo kwinjira mu biraro, kwirinda gutizanya imfizi n’ibikoresho bikoreshwa.

Aborozi kandi bibukijwe guteza intanga ingurube zarinze.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Perezida Kagame yahinduye umuyobozi Mukuru wa Polisi

Inkuru ikurikira

AS Kigali y’abagore ishobora guterwa mpaga ya Kabiri

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
AS Kigali y’abagore ishobora guterwa mpaga ya Kabiri

AS Kigali y'abagore ishobora guterwa mpaga ya Kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010