Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2023/02/05 11:33 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu yarashe umusore ukekwaho ubujura isasu rimwe mu mutwe ahasiga ubuzima.

Uyu musore utaramenyekana imyirondoro yarasiwe mu Mudugudu wa Nyaburanga, Akagari ka Nengo mu Murenge wa Gisenyi.

Yarashwe nyuma y’uko we na mugenzi we bateze uwitwa Byiringiro Dany bamwambura Telefone ngendanwa.

Uyu Byiringiro yagundaguranye n’ukekwaho ubujura abifashijwemo n’abaturage bahuruye baje gutabara.

Abari aho byabereye bavuga ko ubwo Polisi yageraga ahafatiwe ukekwaho ubujura yari afite icyuma yanakebye urutoki rwa Byiringiro.

Kwamamaza

Yarashwe urusasu rwo mu cyico ubwo yageragezaga gutera icyuma abarimo Tubanambazi Eric na Gasana Anastase bari bamubujije gucika.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yamereye UMUSEKE ko uwo musore yarashwe.

Yagize ati “Inzego z’umutekano iyo zirashe umuntu, zikamurasira aho ngaho ni raporo nanjye bampa, ikiba gisigaye Umuvugizi wa Polisi ahita abikubwira neza.”

UMUSEKE wagerageje kuvugana n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera kuri telefone ntibyadukundira.

Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko babangamiwe n’abajura, basaba Polisi ko yakora umukwabu wo guhiga abandi basigaye bakora urugomo.

Mu batungwa urutoki cyane harimo itsinda ry’abiyita Abuzukuru ba Shitani bayogoje abaturage, basanga abantu mu rugo bakabatema cyangwa bakabazirika bagasahura ibiri mu nzu.

Umurambo w’ukekwaho ubujura bivugwa ko aherutse muri Transit Center wahise ujyanwa mu bitaro bya Gisenyi.

 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Inkuru ikurikira

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy'Amahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010