Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imyidagaduro

UPDATE: Urukiko rwarekuye umuhanzi Jowest waregwaga “gusambanya ku gahato umukobwa”

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/02/21 7:26 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

UPDATED: 19h25 Umujyanama w’uyu muhanzi Jowest yabwiye RadioTV 10 ko Urukiko rwategetse ko uyu muhanzi afungurwa, ndetse ubu yamaze no gutaha.

Yavuze ko uyu muhanzi yasomewe icyemezo n’Urukiko kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare, akaba umwere ku byaha yaregwaga.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B Thierry, yari yabwiye UMUSEKE ko Jowest yafashwe tariki 01 Gashyantare 2023, akekwaho ibyaha byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato ndetse no gukubita no gukomeretsa undi ku bushake.

Tariki 16 Gashyantare, 2023 nibwo yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Kwamamaza

 

Umuhanzi Jowest amaze igihe afunzwe akekwaho gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 18, RIB ivuga ko yabikoze mu bihe bitandukanye kuva mu mpera za 2022.

Jowest azwi mu ndirimbo zirimo iyitwa ‘Agahapinesi’

Jowest azwi mu ndirimbo nka ‘Agahapinesi’, ‘Pizza’, ‘Hejuru’, na ‘Saye’ aheruka gushyira hanze.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B.Thierry yemeje ifungwa rya GIRIBAMBE Joshua w’imyaka 22.

Yabwiye UMUSEKE ko yafunzwe na RIB tariki ya 01 Gashyantare, 2023 akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato (rape), no gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake.

Ati “Ibyo byaha akekwaho yabikoze mu bihe bitandukanye guhera mu kwezi kwa 10/2022. Yabikoresheje  umuntu w’igitsina gore w’imyaka 18.”

Yavuze ko byabereye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kicukiro, Akagari ka Ngoma, Umudugudu wa Ahitegeye.

Dosiye ye ngo yamaze gukorwa yoherezwa mu Ubushinjacyaha ku wa 06/02/2023, ndetse ikaba yararegewe Urukiko.

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko icyemezo cy’Urukiko ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo biteganyijwe ko gisomwa kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21/02/2023.

Amakuru ku ifungwa rya Jowest yamenyekanye ubwo byatangazwaga mu kiganiro kitwa The Choice Live gitambuka kuri Televiziyo y’Imyidagaduro ya Isibo, bavuga ko yatawe muri yombi mu ntangiro z’uku kwezi kwa Gashyantare.

Jowest afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu mujyi wa Kigali.

Bivugwa ko umukobwa ashinjwa gusambanya, afite umwana yabyaranye n’undi muntu, kandi akaba asanzwe abana n’umubyeyi w’umuhanzi Jowest ari na we umurera.

Uyu musore w’imyaka 22 y’amavuko yafunzwe mu ntangiriro za Gashyantare, 2023

KUBWIMANA Bonaventure / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Umunya-Amerika wa REG yasanze bagenzi be mu mwiherero

Inkuru ikurikira

Nyamagabe: Uko umugore yivuyemo “bikamenyekana ko yishe umugabo we”

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
Nyamagabe: Uko umugore yivuyemo “bikamenyekana ko yishe umugabo we”

Nyamagabe: Uko umugore yivuyemo "bikamenyekana ko yishe umugabo we"

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010