Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Biroroshye hagati y’u Rwanda n’u Burundi, i Rusizi bariga uko ‘Jeto’ yafasha abaturage kwambuka

Yanditswe na: MUHIRE DONATIEN
2023/03/17 1:42 PM
A A
2
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Abayobozi b’Intara y’Iburengerazuba, iy’Amajyepfo mu Rwanda n’iya Cibitoke mu Burundi kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Werurwe 2023, bari i Rusizi, aho bari  kugirana ibiganiro bigamije gukomeza gutsura umubano w’ibihugu byombi n’uko abaturage bakwambuka umupaka bakoresheje agapapuro kitwa ‘Jeto’.

guverineri w’intara ya cibitoke mu burundi Bizoza Careme na guverineri w’intara y’iburengerazuba Habitegeko Francois na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi bahuriye mu nama i Rusizi

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi,Dr Kubiriga Anicet, yavuze ko uru rugendo rufite byinshi ruvuze ku mubano w’ibihugu byombi.

Ati “Uru ruzinduko rwitezweho ibintu byinshi cyane kuko icya mbere ni ugutsura umubano hagati y’ibihugu byacu, cyane cyane ku mupaka wacu uduhuza n’Intara ya Cibitoke, ndetse igikomeye cyane ni ikijyanye n’ubucuruzi.”

Akomeza agira ati “Muzi ko abanyarwanda bambukaga i Burundi guhaha ndetse n’Abarundi bakaza mu Rwanda, ni urwunguko rwinshi cyane mu bijyane n’ubuhahirane.”

Kwamamaza

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, yavuze ko bari buganire n’uburyo abaturage bakwambuka hadasabwe impapuro z’inzira (Passport).

Ati “Ikindi tuza kuganiraho ni ikijyanye na Jeto ku buryo kwambuka, ari ukumuha agapapuro bitajyanye n’ama Visa, nta pasiporo bakeneye.”

Meya yavuze kandi haza kurebwa uburyo ibyambu  bitarafungurwa harebwa uburyo bitangira gukoreshwa.

U Rwanda n’u Burundi bamaze igihe bareba uko umubano warushaho kuba mwiza.  Muri Gashyantare nabwo uyu mwaka itsinda ry’abayobozi b’u Burundi bagiranye Ibiganiro n’ab’u Rwanda.

Ni itsinda ry’aba Guverineri b’Intara ya Kirundo, Bururi na Kayanza, bakiriwe ku mupaka wa Nemba  na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CGGasana Emmanuel, Kayitesi Alice w’Amajyepfo, Meya w’Akarere ka Bugesera Mutabazi Richard,  hagamijwe gutsura umubano w’ibihugu byombi no gushishikariza abarundi gutaha.

TUYISHIMIRE RAYMOND & MUHIRE Donnatien /UMUSEKE  i Nyamasheke

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ruhango: Umusore yahanutse ku modoka bimuviramo urupfu

Inkuru ikurikira

Kigali: Umugabo wari wazindukiye mu kazi yapfuye bitunguranye

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
Kigali: Umugabo wari wazindukiye mu kazi yapfuye bitunguranye

Kigali: Umugabo wari wazindukiye mu kazi yapfuye bitunguranye

Ibitekerezo 2

  1. Pingback: Rwanda & Burundi: Mu bushobozi bwa ba Guverineri ntibafunguye imipaka ariko hari imyanzuro bafashe – Umuseke
  2. IRADUKUNDA Flavien says:
    shize

    Ubuyobozi kumpandezombi niburebe uko bukemura icyokibazo gihangayikishije abobayobora . Kukokwicaramubiro gusa wowe nutekereze kumibereho yabo kuko erega abaturage dutungwa onogukora kandi hatabayeho ubuhahirane kumpande zombi nacyo twakorape

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010