Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Kigali: Umugabo wari wazindukiye mu kazi yapfuye bitunguranye

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/03/17 2:13 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 22 usanzwe ukora akazi k’ubukarani ahazwi nko kwa Mutangana mu Mujyi wa Kigali, yapfuye urupfu rutunguranye nyuma y’amasaha make atangiye akazi.

Uyu mugabo wapfuye yakoraga imirimo ahazwi nko kwa Mutangana

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 17 Werurwe 2023, ahagana saa mbili (8h00 a.m).

UMUSEKE yamenye amakuru ko uyu mugabo witwaga Welars Nshimiyumuremyi yabarizwaga muri koperative HINDUKA, yashinzwe n’urubyiruko rwavuye kugororerwa ku kirwa cya i WAWA, rugamije kwiteza imbere.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhima Mukandori Grace, yabwiye UMUSEKE Ko yari asanzwe arwara igicuri bityo  bikekwa ko  iyo ndwara  ari yo yamwishe.

Kwamamaza

Ati “Umukarani yari ari mu kazi ariko asanzwe afite uburwayi bw’igicuri. Yari ari mu kazi, buramufata, yikubita hasi ahita ashiramo umwuka.”

Gitifu Mukandori yavuze ko  ubusanzwe yari acumbitse mu Murenge wa Gisozi, ariko Umuryango we wabaga mu Karere ka Nyamasheke ndetse ko wamaze kumenyeshwa amakuru.

Yasabye abakarani bafite uburwayi kujya bagana ibigo by’ubuvuzi kugira ngo bibafashe.

Yasabye kandi abaturage muri rusange kujya biyandikisha mu bitabo byo mu Mudugudu kugira ngo mu gihe havutse ikibazo imyirondoro yabo imenyekane.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Nyarugenge mu gihe ku munsi w’ejo ari bwo biteganyijwe ko azashyingurwa.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Biroroshye hagati y’u Rwanda n’u Burundi, i Rusizi bariga uko ‘Jeto’ yafasha abaturage kwambuka

Inkuru ikurikira

 Hasohotse impapuro zo gufata Perezida Putin n’umugore ukora mu biro bye

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
 Hasohotse impapuro zo gufata Perezida Putin n’umugore ukora mu biro bye

 Hasohotse impapuro zo gufata Perezida Putin n'umugore ukora mu biro bye

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010