Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Mbere y’igiterane, Korari Rangurura yakoze indirimbo yibutsa ko gusenga ari ubuzima-VIDEO

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2023/03/23 4:46 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Harabura iminsi micye, Korari Rangurura yo muri ADEPR Gihogwe igakora igiterane ngarukamwaka kizwi nka “Rangurura Evangelical Week”. Mbere y’uko icyo giterane kiba, iyi Korari yashyize hanze indirimbo yise “Gusenga” yibutsa abantu ko gusenga ari ubuzima bw’umuntu wese wizera Imana kandi ko bigira umumaro mwinshi.

Korari Rangurura yo muri ADEPR Gihogwe yashyize hanze indirimbo nshya

Ni indirimbo yagiye hanze muri iki cyumweru ishimangira ko gusenga k’umukiranutsi kugira umumaro kugasenya imigambi y’umwanzi, by’umwihariko kubwo gusenga Imana ikorera abayizera ibitangaza.

Ku wa 25 kugeza 30 Nyakanga ni bwo Korari Rangurura izakora Rangurura Evangelical Week 2023. Ni igiterane ngarukamwaka kigamije ububyutse, kuvuga ubutumwa bwiza no gukora ibikorwa byo gufasha abatishoboye.

Simeon Kwizera, Umuyobozi w’iyi Korari yabwiye UMUSEKE ko imyitegura ya “Rangurura Evangelical Week 2023” irimbanyije, indirimbo “Gusenga” ikaba ari intwaro yo gufasha abantu gusabana n’Imana.

Kwamamaza

Ati “Rangurura Evangelical Week ya 2023 izaba igamije ivugabutumwa no gufasha abantu gukomeza gusenga basabana n’Imana umuremyi wacu twese. Imyiteguro irakomeje ari nayo mpamvu twashyize hanze indirimbo igamije gukangurira abizera Imana gusenga ubudasiba kuko bigira umumaro, bigahindura umuntu nawe agahindura abandi.”

Avuga ko iyi Korari ibarizwa ku Itorero rya ADEPR Gihogwe, Paruwasi ya Gihogwe mu rurembo rwa Kigali, ivugabutumwa ryabo rishingira cyane ku mpinduka izana n’Ijambo ry’Imana ku buzima bw’umuntu.

Ati ” Kandi ikaba ari nayo imufasha gukomeza kuzana impinduka ku bandi aho aba, mu muryango we no mu muryango nyarwanda muri rusange.”

Akomeza avuga ko muri uyu mwaka bafite ibikorwa bitandukanye kandi byose bigamije gukomeza inshingano zo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo.

Ati “Ubu butumwa tubugeza ku bantu bose binyuze mu bihangano by’indirimbo duhanga bigatunganywa mu buryo bw’amajwi n’amashusho, ndetse n’ibiterane by’ivugabutumwa dutegura, ibitegurwa n’Itorero ndetse n’ibyo dutumirwamo hirya no hino mu gihugu.”

Iyi Korari imaze kubaka ibigwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana zihembura imitima ya benshi, izwi kandi mu ndirimbo zo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Reba hano indirimbo Gusenga ya Korari Rangurura

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW  

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

RDC: Uruzinduko rwa Sarkozy ngo nta sano rufitanye n’ubushotoranyi bw’u Rwanda

Inkuru ikurikira

Musanze: Akarere kavuze indimi ebyiri ku karengane k’uwasenyewe n’Umurenge

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Musanze: Akarere kavuze indimi ebyiri ku karengane k’uwasenyewe n’Umurenge

Musanze: Akarere kavuze indimi ebyiri ku karengane k'uwasenyewe n’Umurenge

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010