Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

UPDATE: Abakozi bakomeye mu Turere twa Nyanza na Gisagara batawe muri yombi

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/03/17 9:10 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

UPDATE: Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwavuze kuri Twitter ko rwafunze abakozi 5 b’Uturere twa Nyanza na Gisagara, barimo Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utwo Turere twombi.

Ngo bakurikiranyweho ibyaha byo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kutubahiriza ihame ryo kuzigamira Leta mu itangwa ry’amasoko, gutanga inyungu zidafite ishingiro, ndetse n’akagambane bagiranye na rwiyemezamirimo watsindiye isoko bigateza Leta igihombo.

Ubutumwa bwa RIB buvuga ko “Iperereza rikomeje kugira ngo dosiye zabo zikorwe kandi zishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimihurura, Kicukiro na Rwezamenyo.

Kwamamaza

 

INKURU YABANJE: Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abakozi bakomeye bo mu karere ka Nyanza na Gisagara.

Amapingu

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abakozi bane b’akarere ka Nyanza.

Mu bafashwe barimo Niyonshimye Olivier (Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere), Nkurunziza Enock ushinzwe imirimo rusange (Division Manager), Uwambajimana Clement ushinzwe inyubako za leta mu karere, na Mpitiye Bosco ushinzwe amasoko ya leta.

Biravugwa ko bariya bagize uruhare mu kugena agaciro kenshi  k’isoko umuntu yari yatsindiye.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme yabwiye UMUSEKE ko ayo makuru yo gufatwa kw’abo bakorana yayumvise, ariko nta kindi abiziho.

Hari amakuru twamenye ko no mu bakozi b’Akarere ka Gisagara harimo abatawe muri yombi.

Théogène NSHIMIYIMANA /UMUSEKE.RW i Nyanza

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

NAME CHANE REQUEST

Inkuru ikurikira

Jimmy Gatete mu ba kapiteni umunani bazaza i Kigali

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Jimmy Gatete mu ba kapiteni umunani bazaza i Kigali

Jimmy Gatete mu ba kapiteni umunani bazaza i Kigali

Ibitekerezo 1

  1. Bongwa Beatrice says:
    shize

    Insina ngufi niyo icibwaho urukoma. Halya amasoko yitikiriyemo za miliyari agahabwa amakipe y’imipira yo mu Bulayi – Arsenal na PSG – yubahirije amategeko?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010