Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Apôtre Apolinaire na David Nduwimana bageze i Kigali 

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/05/19 9:14 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umuramyi Apôtre Apolinaire Habonimana ndetse na David Nduwimana wo muri Australia bamaze kugera iKigali mu Rwanda aho baje kwitabira igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana, batumiwemo n’umuramyi Alexis Dusabe, bateguza igitaramo cyidasanzwe Abanyarwanda.

Alexis Dusabe yakiranye urugwiro Apostle Habonimana

Ni igitaramo cyiswe ‘Integrity Gospel Concert’ giteganyijwe kuba kuri iki cyumweru tariki ya 21Gicurasi 2023 mu ihema rya Camp Kigali.

Aba baramyi bageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Gicurasi 2023.

Apôtre Apolinaire yatangarije itangazamakuru ko afitiye ubutumwa Abanyarwanda ko bakeneye Imana.

Kwamamaza

Ati” Nje kubwira Abanyarwanda ko bagikeneye Imana.Kubera ko Imana igomba kuba iya mbere mu buzima bw’umunyarwanda nk’uko ari umukoro mu buzima bw’umuntu wese kuko atiremye.

Imana igomba guhimbazwa, ni byiza ko tuyiramya kubera ko kubaho kw’Imana mu buzima bwa kiremwa muntu buzana impinduka. Bituma umuntu akora ibyiza. Bituma umuntu akora ibyo yakagombye gukora.”

David Nduwimana nawe yatangaje ko abanyarwanda bazagira ibihe byiza.

Yagize ati” Abanyarwanda bitege kwinjira mu bihe byiza no guhura na Yesu kandi bitege no kwiga ikintu gishyashaya nk’uko natwe tuje kwiga igishyashya .”

Apôtre Habonimana na Nduwimana David baje mu gitaramo East African Gospel Festival (Integrity Gospel Concert) kizaba muri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali).

Ni igitaramo cyateguwe na Alex Dusabe bazagihuriramo na Prosper Nkomezi, Aime Uwimana.

Kwinjira muri East African Gospel Festival (Integrity Gospel Concert) muri Camp Kigali, ni ukwishyura 5.000 Frw mu myanya isanzwe, 10.000 Frw muri VIP ndetse na 20.000 Frw muri VVIP.

Umuramyi David Nduwimana yageze iKigali yakiranwa ibyishimo

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

 

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Rubavu: Abayobozi 2 baravugwaho gusaba amafaranga abagizweho ingaruka n’ibiza

Inkuru ikurikira

Nyamulagira yatangiye kuruka, abatuye Goma bahawe ubutumwa

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Nyamulagira yatangiye kuruka, abatuye Goma bahawe ubutumwa

Nyamulagira yatangiye kuruka, abatuye Goma bahawe ubutumwa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010