Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Irembo ribegereje Serivise za Leta mukurikire ubukangurambaga bwa “BYIKORERE” mumenye

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/05/19 12:20 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Irembo Ltd yatangiye gahunda y’ubukangurambaga bwiswe BYIKORERE, mu rwego rwo kunoza serivisi za leta binyuze mu ikoranabuhanga.

Ubukangurambaga bwa BYIKORERE burafasha abaturage gusobanukirwa imitangire ya servise binyuze mu ikoranabuhanga

Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Gicurasi 2023, Irembo Ltd ikigo cy’ikoranabunga gishinzwe kunoza imitangire ya serivisi za leta, cyishimiye gutangiza ubukangurambaga bwa “BYIKORERE, mu Karere ka Burera, mu rwego rwo kwereka abaturarwanda ko bashoboye kwiha serivisi za leta mu buryo bworoshye.

Kuva Irembo ryatangira mu mwaka wa 2014 kugeza ubu, habayeho impinduka igaragara mu mitangire ya serivisi za leta y’u Rwanda, hifashishijwe ikorabanabuhanga rigezweho.

Ubu serivisi za leta zirenga 100 wazisanga ku rubuga IremboGov.

Kwamamaza

Byagabanyije gutonda imirongo ku biro bishinzwe gutanga izo serivisi, ndetse byafashije abantu gukoresha igihe cyabo neza, no kugabanya ikoreshwa rya hato na hato ry’impapuro.

Ubukangurambaga bwa BYIKORERE buje ari nk’indorerwamo Irembo ryibonamo mu bijyanye no gushyiraho impinduka mu mitangire ya serivisi za leta, hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ubu bukangurambaga buzamurika iterambere u Rwanda rwifuza mu ikoranabuhanga, no kwereka abaturarwanda ibyiza byo kwigeza ku iterambere rirambye.

BYIKORERE ije kwigisha, kongera ubumenyi, guhugura ndetse no gutinyura abantu bakumva ko bashoboye kwiha serivisi za leta bo ubwabo.

Mu itangizwa ry’ubu bukangurambaga, umuyobozi w’Irembo Israel Bimpe, yagize ati: “Turifuza ko buri muturarwanda wese yabasha kwisabira serivisi za leta, kandi nta mbogamizi zindi ahuye na zo. BYIKORERE ije kudufasha muri uru rugendo rugamije impinduka, ndetse no kongera ikorabanuhanga ribereye u Rwanda”.

Umuyobozi w’Irembo Israel Bimpe

Muri ubu bukangurambaga bwa BYIKORERE, tuzashishikariza buri wese kugerageza kwiha serivisi, akatumenyesha igihe ahuye n’imbogamizi runaka mu igihe ari gusaba serivisi za leta.

Hazabaho igihe gihagije cyo kwegera abaturage tubagezaho ibi byiza tubazaniye, na bo batugezaho ibyifuzo ndetse n’ibitekerezo byabo.

Ibi tuzabigeraho tubifashijwemo n’inzego za leta zibifite mu nshingano, duhugure abaturarwanda ndetse turushaho no gutanga serivisi inogeye abatugana. Intego y’Irembo ni uko umuturarwanda yakwegerezwa serivisi za leta kandi akazibona adakoze ingendo.

BYIKORERE ni intambwe nziza izatuma aho u Rwanda rugana harushaho kuba heza, ndetse no gufasha leta kugeza serivisi zinoze ku baturage.

Umuyobozi w’Irembo yakomeje agira ati: “BYIKORERE tuyitangije ku mugaragaro none mu karere ka Burera, ariko ikaba igiye gukomereza no mu tundi duce twose tw’u Rwanda. Turashishikariza abaturarwanda bose kubana natwe muri ubu bukangurambaga bugiye kunoza serivisi za leta, bijyanye n’iterambere twese twifuza. Ni muze dufatanye uru rugendo, kandi nta kabuza tuzagera ku ntego twiyemeje.”

Ku bisobanuro birambuye ku buryo wabona serivisi za leta mu buryo bw’ikoranabuhanga, gana urubuga www.irembo.rw

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Inyeshyamba za Mai Mai zirakekwaho kwica abakozi bane ba Pariki

Inkuru ikurikira

Umugabo ukekwaho ubujura yikanze abantu yiroha muri Nyabarongo

Izo bjyanyeInkuru

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM
Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Inkuru ikurikira
Imirambo y’abana babiri b’abahungu yatowe muri Nyabarongo 

Umugabo ukekwaho ubujura yikanze abantu yiroha muri Nyabarongo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010