Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Nkore iki? Yambwiye ko ntacyo mumarira mu buriri ajyana n’undi mugabo none ansabye imbabazi

Yanditswe na: webmaster
2023/05/24 2:07 AM
A A
18
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ndi umugabo ubyaye 3, ntuye muri Kigali, mbanje kubasuhuza cyane, kandi inama zanyu ziranyubaka.

Hashize imyaka ibiri meze nk’uwatandukanye n’umugore, ntitwagiye mu mategeko gusaba gatanya ahubwo yajyanye n’undi mugabo muri Uganda ambwira ko jyewe nta cyo mu marira mu buriri (mbega ntamuha ibyishimo).

Bijya gutangira, umugore wange twabanaga neza, mwishimiye, mbona ankunda nk’umuntu twabyaranye 3, andi nanjye numva mukunze ndetse inshingano zo mu rugo nzikora neza.

Yaje gutangira gukururuna n’abandi bagore, ajyenda ahinduka bigezeho asigara ambwira ko ntacyo nkimaze, ndetse nyuma yazinze imyenda rwihishwa, numva ko yagiye muri Uganda ajyanye n’undi mugabo.

Kwamamaza

Byarangoye kubyakira ariko niyemeza kurera abana, nkamenya kubitaho n’ibindi umubyeyi yakorera abana be.

Muri iyi minsi ya Coronavirus, umugore yaje kugaruka nyuma y’imyaka 2 naramubuze, arapfukama ambwira ko ansaba imbabazi z’ibyo yankoreye, ndetse ko ashaka kongera kuba umugore mu rugo.

Kubyakira byarananiye, umutima wange uhora unsimbuka. Hari ubwo ntekereza ko namureka akagaruka tukabana ariko akaba uwo kwita ku bana dufitanye gusa.

Undi mutima umbwira ko ntakwiye kumubabarira uko byagenda kose, kwiye gukomeza kurera abana bange akajya abasura ny’uwo twababyaranye.

Ese uyu mugore koko yarahindutse twakongera tukubaka? Ese abana ko bahora bansaba ko Mama wabo agaruka mu rugo nemere aze abe uwo kubitaho gusa?

Ndasaba inama zanyu kandi nzi ko zubaka. Murakoze.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira agakiriro ka Gisozi – AMAFOTO

Inkuru ikurikira

Ferwafa igiye kuremera abakozweho n’Ibiza

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

2023/05/28 10:06 AM
Inkuru ikurikira
Ferwafa igiye kuremera abakozweho n’Ibiza

Ferwafa igiye kuremera abakozweho n'Ibiza

Ibitekerezo 18

  1. Mujyanama says:
    shize

    Niba mu miryango yanyu mwembi harimo abantu bakuru mwubaha kandi mwizeye nimubicaze mubibaganirize, umugore ababwire byose n’icyatumye afata icyemezo cyo kugaruka ndetse n’uko yiteguye kugaruka mu murongo. Icyo bazakwemeza uzagikore. Bizaba ari ugufata risks ku nyungu z’urubyaro; bibaho mu buzima.

    Reply
  2. Alphonse says:
    shize

    Ewana birakomeye cyane rwose. ariko niba yasabye imbabazi nuko abonyeko ibyo yagiyemo ntacyo byamumariye. Burya abana nibo bafite agaciro cyane wamureka akaza akarera abana hanyuma ukareba ko yahindutse byanze bikunze uzafata umwanzuro nyuma yaho. Thx

    Reply
  3. Mbuto says:
    shize

    Ubwose icyo utumva niki? Nonese ko yakubwiyeko utamuhaza mugitanda ubu yagarutse byakemutse ahubwo wasanga yarakurikiye ikofi yuwo bajyanye Uganda yagerayo igashira akibuka wowe magorwe muveho rwose abana azajya aza kubasura kuko mwababyaranye. Ariko nitegeko ryemera gatanya iyo umwe mubashakanye ataye urugo mugihe kirenze umwaka ntampamvu yumvikana yamenyesheje ubuyobozi bw’inzego zibanze zimwegereye. Nukora ikosa ryo kumuha umwanya akagaruka mubuzima bwawe azagucocora ubundi ajye aguca inyuma n’abasore bo muri Kigali. Muri make Think twice before acting

    Reply
  4. ELIE says:
    shize

    MUVANDI MUFATE NKUKO YARIYASAZE UKO TUTARESHYA NIKO TUDAKORA KIMWE kd BURIWESE ASHIMISHWA NUBURYO BWE NAWE AFITE ABAGABO BAMUGAYA UKO ATEYE (KWIBANGA)MUBABARIRE MWUBAKANE

    Reply
  5. job says:
    shize

    bad bad bad mugarure aze yicare ufate rubuyero ujyegutoragura amasashe mur kigari

    Reply
  6. Varens says:
    shize

    umuntu asabye imbabazi arazihabwa mugarure murugo abonye isomo

    Reply
  7. Xxxxx says:
    shize

    Sinzi inama naguha gusa kubabarira ningombwa ariko nanone ushobora gusanga Hari Gahunda afitanye nuwo mugabo we bajyanye wamubabarira akakwica akazana wawundi mubyawe nabana bakabaho nabi banza umenye icyuwo wamujyanye icyabahuje mukibana,icyo bapfuye mbere yuko agaruka hanyuma ukoreshe inama y’imiryango uwanyu nuwabo muhitemo intararibonye zibafashe uramenya igikwiye!! Murakoze

    Reply
  8. Wellars says:
    shize

    Yewe, wireba gusa ibibi Reba ibyiza, Kandi wamusezeraniye kuzamukinda,Yaba muzima cg arwaye mubukirw cyangwa ubukene, ko uzamukundwakaza. Subirana utubavu rwawe! Kuko ni wowe mbeho ye. Aragarutse ntakundi Kandi nawe wari umukumbuye

    Reply
  9. Xxxx says:
    shize

    Iyaraye hanze iba yabaye inturo kumubabarira sugusubirana nkumugore numugabo gusa wamubabarira ukamubohokaho kugirango unezeze abana akajya abasura kuko uko byasa kose ninyina ntawundi uzababonera ariko kuvuga ngo murasubiranye murugo uraba ushyira ubuzima bwawe mukaga umutima wakwanze niyo wawuha amata uranga ukaruka amaraso

    Reply
  10. Gerard says:
    shize

    Utekerezako abandi bamuhinduye haraho bagiye?arabagore bamushutse baracyahari Ari nabo bagabo barahari Inama yambere mubabarire Wenda yumve abohotse ariko kumugarura murugo have have Cungana nabana bawe ureke imbwakazi

    Reply
  11. Anonymous says:
    shize

    AKABAYE ICWENDE NTIKOGA NIYO KOZE NTIGASHIRA UMUNUKO. UMUNTU ASIGA ICYIMWIRUKAHO NTASIGA IKIMWIRUKAMO.SENGA IMANA IZAGUHA UMUGORE UGUKUNDA.

    Reply
  12. NIHASINGIZWE DIEUDONE says:
    shize

    IHANGANE MWIPIMISHE MUBANE

    Reply
  13. NDAYAMBAJE Philippe says:
    shize

    Ndumva uwo mugore adakwiye imbabazi kuko ntawamenya impamvu wyagarutse uwobajyanye agasigarayo. ashobora kuza ari gatumwa ugasanga baragutabye.

    Reply
  14. Sam says:
    shize

    Umusa na Bible (Yesu)yarabize ngo:umugore nafatwa yasambaye azasendwe bivuzeko umugore yaremewe umugabo umwe iyo bitabaye ibyo rero aba yabaye……menyako nyuma yabana nawe ufite uburenganzira kubyishimo ntukiyahure guhata nibyo bibyara kwicana .

    Reply
  15. Fey Baby says:
    shize

    Inkoko yaraye hanze yitwa inkware. Uwo ntakiri umugore,mureke akomeze gahunda ze. Azinga asezera anakubwiye icyo mupfuye,yakubwiye ko nibura agiye guhahira abana?
    Abagushuka ngo yicare arere abana. Niba yishoboye uzabamuhe,hanyuma wowe bajye bagusura. Niba atishoboye nabwo, najye iwabo cg mu nshuti ze, abana bajye bamusurayo. Kuko ihurizo rya mbere ufite,ntuzabwira abana ukuri ku byabaye.

    Reply
  16. Philipe says:
    shize

    Umva muvandi…wikwiyahura rera abana bawe nubundi UMUTIMA MUHANANO NTIWUZURA IGITUZA.

    Reply
  17. Eric says:
    shize

    Uwoniyo wamugira umukozi womurugo yakwiba akagukenesha rekanyabingi ikomeze izerere

    Reply
  18. Clement says:
    shize

    I am nagira umuvandimwe nabanze ashyishoze,kuko uwo mugore ntawamenya ikimugaruye Kandi iyagukanze ntivamo intro.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010