Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Nyanza: IBUKA irasaba ko urwibutso rw’i Nyabinyenga rwagurwa

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/05/23 2:57 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ubuyobozi bwa IBUKA mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza burasaba ko urwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ruri i Nyabinyenga rwakagurwa.

IBUKA isaba ko urwibutso rwa Nyabinyenga rwakagurwa

Ni ku nshuro ya 29 u Rwanda n’inshuti zarwo bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubu iminsi 100 yo kwibuka irakomeje.

Ubwo mu kagari ka Nyabinyenga mu murenge wa Cyabakamyi, mu karere ka Nyanza bibukaga ku nshuro ya 29 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Perezida wa IBUKA mu murenge wa Cyabakamyi Jean Claude Semakabuza yavuze ko urwibutso rwa Nyabinyenga ruruhukiyemo imibiri irenga 800 rwagakwiye kwagurwa.

Yagize ati “Turasaba inzego zitandukanye z’ubuyobozi ko zadufasha zikagura urwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ruruhukiyemo abacu bityo rugakomeza kubumbatira amateka.”

Kwamamaza

Depite Uwumuremyi Marie Claire avuga ko hari ibyinshi byakozwe bityo bafatanyije n’ibisigaye bikaba bizakorwa

Ati “Mu myaka 29 ishize igihugu kimaze kugera kuri byinshi twishimira kandi turacyafite inshingano yo kurinda ibimenyetso bya jenoside yakorewe abatutsi, ndetse no kubyongera kandi bizashoboka twese dufatanyije.”

Urwibutso rwa Nyabinyenga ni rumwe mu rwibutso akarere ka Nyanza kazasigarana bitewe na gahunda ya MINUBUMWE yo guhuza inzibutso.

Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi 1994 bashimira ingabo zahoze ari iza RPA zayihagaritse.

Abayobozi mu nzego zitandukanye batabaye abatuye i Nyabinyenga
Abitabiriye umuhango wo Kwibuka abiciwe i Nyabinyenga

Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Kigali: Dasso yatejwe ingaru kuri ruswa yariye

Inkuru ikurikira

Bugesera: Basizwe iheruheru n’udukoko twibasiriye ibiti by’imbuto

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Bugesera: Basizwe iheruheru n’udukoko twibasiriye ibiti by’imbuto

Bugesera: Basizwe iheruheru n'udukoko twibasiriye ibiti by'imbuto

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010