Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

U Burundi bwakuriye inzira ku murima Ferwafa kuri Ndikumana

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2023/05/26 3:42 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Gihugu cy’u Burundi, ryamenyesheje Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, ko Ndikumana Danny wifuzwaga mu Amavubi ari Umurundi.

FFB yemeje ko Ndikumana Danny ari Umurundi uvuka ku babyeyi babiri b’Abarundi

Ni nyuma y’aho u Rwanda rwandikiye u Burundi biciye mu Mashyirahamwe ayobora ruhago muri ibyo Bihugu.

Ibaruwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru w’umusigire wa Ferwafa, Jules Karangwa, yandikiwe FFB, yasabaga ko Ndikumana yahabwa uburenganzira bwo kuza mu Rwanda bitarenze tariki 30 Gicurasi kugeza tariki 19 Kamena 2023.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yashyizweho umukono n’Umunyamaba Mukuru wa FFB, Manirakiza Jérémie, Ferwafa yabwiwe uyu mukinnyi wa Rukinzo FC ari Umurundi ukomoka ku babyeyi babiri b’Abarundi.

Kwamamaza

Bati “Umukinnyi mwasabye yavukiye i Burundi ku babyeyi babiri b’Abarundi. Yakuriye i Burundi kuva yavuka. Yigiye umupira w’amaguru mu kipe y’abato ya Rukinzo FC. Ananditse mu bitabo bya FIFA Connect.”

Bongeyeho bati “Umukinnyi Ndikumana Danny yamaze guhamagarwa mu kipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 23 y’u Burundi no mu kipe y’Igihugu y’u Burundi y’abakina imbere mu gihugu (CHAN) izakina amarushanwa muri Nyakanga 2023.”

Ndikumana w’imyaka 22, bivugwa ko yamaze kumvikana na APR FC, cyane ko bivugwa ko avuka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda n’undi w’Umurundi.

U Burundi bwakuriye inzira ku murima Ferwafa
Bivugwa ko Rukinzo FC na APR FC zamaze kumvikana kuri Ndikumana 

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Al-Shabab yigambye igetero cyagabwe ku ngabo za Uganda

Inkuru ikurikira

Fulgence Kayishema yagejejwe imbere y’Urukiko ku iyoherezwa mu Rwanda

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

2023/05/28 10:06 AM
U Rwanda rwungutse abahanga mu bujyanama n’isanamitima ku ihungabana

U Rwanda rwungutse abahanga mu bujyanama n’isanamitima ku ihungabana

2023/05/28 8:18 AM
Inkuru ikurikira
Fulgence Kayishema yagejejwe imbere y’Urukiko ku iyoherezwa mu Rwanda

Fulgence Kayishema yagejejwe imbere y'Urukiko ku iyoherezwa mu Rwanda

Ibitekerezo 1

  1. rukabu says:
    shize

    Ministère na ferwafa ni mushireho structure ihamye mutegure abana birashoboka mureke ku rwanira abikinnyi ni bihugu byafashe umwanya wao gutegura interquartier muri vacance , interscolaire, buri team yo mucyiciro cya mbere gifite ibyiciro bya Bato B , C , D ntaho duhuriye na barundi dushake ABA technicien badufashe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010