Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imyidagaduro

Davis D uharaye kwambara imyambaro y’abagore, ari kwibazwaho – Amafoto

Yanditswe na: KUBWIMANA Bona
2023/05/07 12:43 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Kubona umugabo wambaye ijipo cyangwa ikanzu mu Rwanda ntabwo biba ari ibintu bisanzwe, umuhanzi Davis D we akomeje guteza ururondogoro ku mbuga nkoranyambaga kubera imyambaro ya kigore aharaye.

Bamwe bakomeje kumukekaho kuba umutinganyi

Amafoto y’uyu musore yambaye nk’abagore bamwe bakeka ko yaba yaragiye mu nzira z’ubutinganyi.

Uyu muhanzi wiyita “Umwami w’amajepfo” kwambara imyambaro y’abagore yabitangiye ubwo yari ari i Burundi muri uyu mwaka.

Muri Mutarama 2023 yasakaje amafoto yambaye imyambaro y’abagore. Kuri ayo mafoto yari yambaye akenda kagufi ko hejuru kerekana umukondo, anifashe mu mayunguyungu ibintu na byo bimenyerewe ku bakobwa.

Kwamamaza

Uyu muhanzi ukunzwe cyane n’igitsina gore akomeje guteza urujijo ku bamukunda bibaza kuri iyi myambarire aho bamwe bavuga ko yaba ari kwamamaza imyenda, cyangwa se akabikora abishaka kugira ngo akomeze avugwe.

Hari n’abakeka ko yaba yarinjiye mu by’ubutinganyi.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu uzwi cyane nka Oswakim wa Radio/TV10 yabajije kuri Twitter ati “Umwami w’amajyepfo, umwami w’abana ni ryari yahindutse umwamikazi? Mana tabara isi yawe.”

Abakurikirana uyu munyamakuru bagiye babivugaho bitandukanye, bamwe bavuga ko uyu muhanzi atahinduka umutinganyi, ko ahubwo aba ari gushaka gukomeza kuvugwa.

Umwe ati “Ni agatwiko, uyu ntiyahinduka rwose.”

Iyi ni ifoto Davis D yifotoje ari i Burundi
Davis D akomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga

Davis D yateje sakwe sakwe mu myambaro y’abagore- AMAFOTO

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Rwamagana: Umugore yapfiriye mu kirombe 

Inkuru ikurikira

Umunyamakuru uzwi cyane muri Uganda yarasiwe mu modoka ye

Izo bjyanyeInkuru

Byinshi ku gitaramo kizitabirwa n’abantu 1000

Byinshi ku gitaramo kizitabirwa n’abantu 1000

2023/05/24 1:50 PM
Zari yahaye gasopo Diamond ukimwifuzaho ibyishimo

Zari yahaye gasopo Diamond ukimwifuzaho ibyishimo

2023/05/22 4:58 PM
Mu gitaramo cya Alexis Dusabe abana basabye kurindwa ubuzima bw’umuhanda 

Mu gitaramo cya Alexis Dusabe abana basabye kurindwa ubuzima bw’umuhanda 

2023/05/22 5:03 AM
Apôtre Apolinaire na David Nduwimana bageze i Kigali 

Apôtre Apolinaire na David Nduwimana bageze i Kigali 

2023/05/19 9:14 PM
Amashimwe ya Korali Rangurura ku ndirimbo “Umugeni araruhutse”- VIDEO

Amashimwe ya Korali Rangurura ku ndirimbo “Umugeni araruhutse”- VIDEO

2023/05/17 7:24 PM
Turahirwa Moses washinze inzu y’imideli ya Moshions yitabye RIB

Urukiko rwemeje ko Turahirwa Moses afungwa by’agateganyo

2023/05/15 7:06 PM
Inkuru ikurikira
Umunyamakuru uzwi cyane muri Uganda yarasiwe mu modoka ye

Umunyamakuru uzwi cyane muri Uganda yarasiwe mu modoka ye

Ibitekerezo 1

  1. Evariste says:
    shize

    Uyu nawe RIB imupimishije muri RFL icyo nzicyo basanga ikigero cy’ibiyobyabwenge yanyweye kiri hejuru!

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010