Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Urubyiruko rw’ishyaka Green Party rwiyemeje gutera ibiti

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/05/23 12:50 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Urubyiruko rwo mw’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, Green Party rwiyemeje gutera ibiti nk’uko Umuyobozi waryo Dr Frank Habineza yabigenje.

Abarwanashyaka biyemeje kugira uruhare mu gutera ibiti

Abarwanashyaka b’urubyiruko mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda) baturutse mu turere 8 tw’Intara y’Amajyepfo, bitoyemo ababahagarariye banahugurwa ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, kurengera ibidukikije n’ibindi.

Hasubika Samuel uhagarariye urubyiruko ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo yavuze ko bo ubwabo hari intego bihaye

Yagize ati “Tuzakora ku buryo tuzajya aho tuvuka ku mirenge tukazajya dushishikariza abantu gutera ibiti natwe dufatanyije tukanashishikariza abantu kubungabunga ibyatewe turengera ibidukikije.”

Kwamamaza

Aline Tuyisenge uhagarariye iri shyaka mu karere ka Nyaruguru na we yagize ati “Ubu twarahuguwe bityo aho tugeze tugomba gutera ibiti mu rwego rwo kugira ngo  n’ibiza bigabanuke.”

Dr.Frank Habineza Chairman wa Democratic Green Party of Rwanda ku rwego rw’igihugu yatembereye Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, areba ibiti yasize ateye ubwo yahigaga akurikije ibyo yakoze, na we ubwe akagira ibyo asaba urubyiruko.

Yagize ati “Urubyiruko rufite amahirwe yo kuba rwatera ibiti ku buryo uteye ibiti birenga 100 yaba atanze umusanzu ukomeye cyane.”

Ishyaka rya Democratic Green Party of Rwanda rivuga ko ryakoze ubuvugizi butandukanye kandi bukagerwaho, iri shyaka kandi riherutse gutangaza ko Chairman waryo aziyamamariza kuyobora igihugu.

Chairman w’ishyaka ku rwego rw’igihugu yatembereye kaminuza y’u Rwanda yerekana ibiti yateye ubwo yahigaga

Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Huye

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Gisagara: Abagabiwe na Croix Rouge y’u Rwanda boroje bagenzi babo

Inkuru ikurikira

Kigali: Dasso yatejwe ingaru kuri ruswa yariye

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

2023/05/28 10:06 AM
Inkuru ikurikira
Kigali: Dasso yatejwe ingaru kuri ruswa yariye

Kigali: Dasso yatejwe ingaru kuri ruswa yariye

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010