Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Abakinnyi ba Rayon bitwikiriye ijoro berekeza i Huye
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Abakinnyi ba Rayon bitwikiriye ijoro berekeza i Huye

HABIMANA Sadi HABIMANA Sadi 02/06/2023 11:17

Nyuma yo kwanga kujyana na bagenzi ba bo ubwo berekezaga mu Karere ka Huye, abakinnyi barimo Rwatubyaye Abdoul bafashe icyemezo cyo gusanga abandi ariko bagenda mu gicuku.

Rayon yagiye i Huye mu bice

Ku wa Kane tariki 1 Kamena 2023, ni bwo ikipe ya Rayon Sports yerekeje mu Karere ka Huye ariko abakinnyi bagenda mu bice bitatu kubera abishyuza imishahara ikipe ibafitiye.

Abarimo Hértier Nzinga Luvumbu bahise bafata icyemezo cyo kugenda, ariko abandi barimo kapiteni w’ikipe n’umwungirije, bafata icyemezo cyo gusigara i Kigali ariko birangira bagiye.

Nyuma yo kwanga kujyana n’abandi mu modoka y’ikipe, abandi bafashe icyemezo cyo kugenda kuko nta yandi mahitamo bari bafite.

Abagiye mu ijoro, ni Rwatubyaye Abdoul, Ndizeye Samuel, Ngendahimana Eric, Hategekimana Bonheur, Mitima Isaac na Willy Essomba Léandre Onana. Aba bivugwa ko berekeje i Huye mu ijoro ndetse bakagerayo mu masaha akuze ya Saa sita z’ijoro.

Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko ubwo aba bakinnyi bageraga i Huye, ubuyobozi butifuzaga ko binjira mu mwiherero ndetse butanifuza ko bakinishwa umukino wa APR FC uteganyijwe ejo Saa cyenda z’amanywa ariko umutoza Haringingo ntabikozwa kuko ari abakinnyi ngenderwaho.

Bivugwa ko abakinnyi ba Rayon Sports baberewemo imishahara y’amezi abiri, ya Mata na Gicurasi.

 

Bivugwa ko Osaluwe we yafatanye mu mashati na Paul Were ubwo bari bageze i Nyanza
Onana ari mugeze i Huye mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 1 Kamena

UMUSEKE.RW

- Advertisement -

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

HABIMANA Sadi 02/06/2023 11:17 02/06/2023 11:17
Inkuru ibanza Umunyarwanda anywa Litiro 72 z’amata mu mwaka wose
Inkuru ikurikira Nyanza: Abantu 5 bakurikiranyweho kwica umukobwa bamuziza Frw 100
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?