Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Kayishema arashaka gusaba ubuhungiro muri Africa y’Epfo
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Kayishema arashaka gusaba ubuhungiro muri Africa y’Epfo

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana 20/06/2023 6:26
Kayishema byari bimaze igihe bizwi ko aba muri Africa y'Epfo

Abunganira Umunyarwanda Fulgence Kayishema bavuze ko yifuza gusaba ubuhungiro igihugu cya Africa y’Epfo.

Fulgence Kayishema wafatiwe muri Afurika y’Epfo

Uyu mugabo yamaze imyaka irenga 22 yihishahisha ubutabera aza gutabwa muri yombi mu kwezi gushize.

Abamwunganira mu mategeko babwiye Urukiko rw’i Cape Town ko umukiliya wabo azasaba ubuhungiro nk’impunzi ya polisi iba muri Africa y’Epfo.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko ibyo bishobora gutinza inzira yatangiye yo kureba uko yoherezwa mu Rwanda kubazwa ku byaha bya Jenoside aregwa.

Aregwa Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside n’ibyaha byibasiye inyoko muntu.

Kayishama avugwaho kugira uruhare mu bwicanyi bwabaye tariki ya 15 Mata, 1994 bugakorerwa Abatutsi 2,000 kuri Kiliziya ya Nyange ya Kibuye

Impapuro zo kumuta muri yombi zashyizweho n’icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, nyuma ruza gufunga imiryango.

Urubanza rwa Kayishema rushobora koherezwa mu Rwanda akazaba ariho aburanira.

Kayishema, ubu ufite imyaka 60 yafatiwe mu murima w’imizabibu mu Ntara ya Western Cape muri Africa y’Epfo.

- Advertisement -

Akurikiranyweho ibindi byaha 54 bijyanye no kwica amategeko ajyanye no kwinjira muri Africa y’Epfo mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Kuri uyu wa Kabiri, umucamanza Juan Smuts yanze ubusabe bwa Kayishema bwo gutanga ingwate ngo arekurwe.

Ubushinjacyaha bwa Africa y’Epfo buvuga ko ubusabe bwa Kayishema bwo gusaba ubuhungiro butajye n’amategeko yo muri Africa y’Epfo , ndetse ko ashobora kuzaregwa ibindi byaha ubwo azaba yongeye kwitaba urukiko muri Kanama, 2023.

Kayishema akimara gufatwa yahise ajyanwa muri Gereza.

Fulgence Kayishema umaze imyaka 20 yihisha YAFASHWE

UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Guverinoma y’u Rwanda yamuritse Inkoranyamagambo y’ururimi rw’amarenga

Umugabo wacukuye icyo mu nzu ye “ari kubibazwa”

Abaturage bateye amabuye kugeza apfuye umugore “bavuga ko yaroze abana babiri”

M23 igiye gufata ibice byarimo ingabo za Kenya zari muri Congo

Tora IZABAYO Clementine intumwa nyayo ku mwanya w’umujyanama rusange

Ange Eric Hatangimana 20/06/2023 6:26 20/06/2023 6:26
Share
Inkuru ibanza Impunzi zituye i Muhanga zirasaba aho guhinga kugira ngo zihangane n’inzara
Inkuru ikurikira Bweyeye: RIB yabasabye kureka ubuhigi no kwangiza ibidukikije biri muri Nyungwe
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Guverinoma y’u Rwanda yamuritse Inkoranyamagambo y’ururimi rw’amarenga
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Umugabo wacukuye icyo mu nzu ye “ari kubibazwa”
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Abaturage bateye amabuye kugeza apfuye umugore “bavuga ko yaroze abana babiri”
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
M23 igiye gufata ibice byarimo ingabo za Kenya zari muri Congo
Afurika Amahanga Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Guverinoma y’u Rwanda yamuritse Inkoranyamagambo y’ururimi rw’amarenga
03/12/2023 4:28

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?