Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Amajyepfo: Barasaba ko hongerwa iminsi EXPO imara
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Amajyepfo: Barasaba ko hongerwa iminsi EXPO imara

NSHIMIYIMANA THEOGENE NSHIMIYIMANA THEOGENE 29/08/2023 3:51
Guverineri Kayitesi yizejeje abikorera ko ibyifuzo byabo bizaganirwaho
Bamwe mu bitabiriye imurikagurisha ryo mu ntara y’Amajyepfo baravuga ko iminsi ryabayeho yabaye micye bagasaba ko ubutaha izongerwa.
Iminsi icumi yarishize mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo hari kubera imurikagurisha, aho abaryitabiriye bavuga ko baryungukiyemo byinshi.
Uwitwa Kayiranga Jean, uhagarariye kompanyi isanzwe yorora inkwavu ku buryo bugezweho yavuze ko ataritabira iri murikagurisha atari azwi cyane.
Ati “Ugasanga benshi batazi ko muri Huye hari aho borora inkwavu za kijyambere n’ibindi dukora, gusa ubu twabonye abakiliya benshi n’ubu dusoje baracyadukenera twaramenyekanye.”
Uwitwa Nyiranziza Solange nawe yagize ati “Twabonye abakiliya benshi ugereranyije nabo twabonaga mu kabari bisanzwe.”
Aba n’abandi ngo iyo barebye ibyo baryungukiyemo bifuza ko ubutaha igihe cyaryo cyakwiyongera byibura hakagenwa nk’ukwezi.
Perezida w’urugaga rw’abikorera (PSF) mu Ntara y’Amajyepfo, Dr. Kubumwe Celestin avuga ko imurikagurisha ry’ubutaha bakwiye gukomeza kuryitegura.
Yagize ati “Tuzakomeza gutegura neza tunashishikarize ibigo bikomeye bitabashije kwitabira ku buryo bizitabira.”
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice yavuze ko bazaganira ku byifuzo byabasaba ko iminsi y’imurikagurisha yakongerwa.
Ati “Kongerwa kw’iminsi bigenda biganirwaho hagati ya PSF kuko imurikagurisha ari ikintu gisaba ubushobozi ndetse abaza kumurika ibikorwa byabo baba bafite ahandi bakorera, byose bizajyana n’ibiganiro n’abikorera mu gutegura kino gikorwa kuko nibo ba nyiracyo.”
Iri murikagurisha ribaye ku nshuro ya 10 ryitabiriwe n’abikorera 137, umwaka ushize ryabereye mu karere ka Muhanga, rikazajya riba ngarukamwaka.
Abitabiriye imurikagurisha banyuzwe nibyo babonye basaba ko iminsi yakwiyongera
Uturere umunani twari duhagarariwe abatuyobora bashyikirizwa ibikombe
Guverineri Kayitesi yizejeje abikorera ko ibyifuzo byabo bizaganirwaho
Theogene NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Huye

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

NSHIMIYIMANA THEOGENE 29/08/2023 3:51 29/08/2023 3:51
Inkuru ibanza Amakimbirane ahora mu ma koperative yavugutiwe umuti
Inkuru ikurikira Perezida Kagame yazamuye mu ntera abasirikare
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?