Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Amakimbirane ahora mu ma koperative yavugutiwe umuti
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Amakimbirane ahora mu ma koperative yavugutiwe umuti

Elisée MUHIZI Elisée MUHIZI 29/08/2023 3:00
Umuyobozi wa RCA, Dr Mugenzi Patrice
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative, RCA,  buratangaza ko bugiye gushyiraho Ihuriro rishinzwe gukumira amakimbirane abera mu makoperative ku rwego rw’Uturere.
Ibi Ubuyobozi bwa RCA bwabivuze kuri uyu wa Kabiri taliki ya 29 Kanama 2023 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe Amakoperative, banahemba ayakoze neza.
Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative mu Rwanda, Dr Mugenzi Patrice avuga ko batekereje gutangiza iri huriro bamaze kubona ko hari amwe mu makoperative avugwaho imicungire mibi, ndetse amwe muri ayo bagasanga bituruka kuri bamwe mu bayobozi banyereza umutungo w’abanyamuryango.
Dr Mugenzi avuga ko Ihuriro bagiye gushyiraho ku rwego rw’Uturere(District  Cooperative Forum) rizajya rikemura ibibazo bivuka, kuko wasangaga bimwe bijya mu Nkiko bigasubiza inyuma Koperative n’Abanyamuryango by’umwihariko.
Yavuze ko bafata amakoperative nk’umurongo w’iterambere ry’abaturage, kuko abatera imbere usanga ari abantu bashoboye kwishyira hamwe.
Ati “Ntabwo Koperative ari iza abayobozi niyo mpamvu twifuza ko mbere yuko abayobozi bazo bafata ibyemezo bagomba kugisha inama abanyamuryango.”
Avuga ko hari Uturere 4 twamaze  gushyiraho iryo huriro, iyi gahunda ikaba igiye gukomereza no mu tundi dusigaye.
Twizeyumukiza Joêl wo muri Koperative Abateraninkunga ba Sholi, mu Murenge wa Cyeza, avuga ko hari itsinda bashyizeho rishinzwe gukemura amakimbirane abera muri Koperative.
Ati “Ikibazo cyose kivutse muri Koperative iryo tsinda niryo twiyambaza kandi bimaze gutanga umusaruro ushimishije.”
Avuga ko kuba muri Koperative hari ituze byatumye nta munyamuryango utagira aho aba, cyangwa ngo abure umusanzu wa mutuweli, uwa Ejo Heza ndetse n’amafaranga bishyurira abanyeshuri.
Mukamurera Claudine ushinzwe ubwiza bwa Kawa muri iyo Koperative avuga ko akunze gusenyuka biba byaturutse kuri bamwe mu Bayobozi banyereza umutungo wa Koperative bakima ijambo abanyamuryango.
Ati “Muri Koperative yacu, abanyamuryango nibo bafata ibyemezo kuko n’inyungu Koperative iba yabonye bazisaranganya ku rugero rungana.”
Mukamurera avuga ko hari gahunda bise ‘Tura Heza’ bagurira buri munyamuryango isima kugira ngo avugurure inzu ye, abandi bakaboroza amatungo kubera urwunguko baba babonye.
Ubuyobozi bwa RCA buvuga ko mu Karere ka Muhanga ahari icyicaro cy’Ikigo, batangiye gukurikirana ikibazo cy’Umuyobozi w’abamotari uherutse kunyereza imitungo y’abanyamuryango, kandi ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’Akarere bakaba bamaze kugiha umurongo uzatuma iyo mitungo igaruzwa.
Umuyobozi wa RCA, Dr Mugenzi Patrice avuga ko ihuriro bagiye gushyiraho rizaca amakimbirane
Twizeyumukiza Joêl avuga ko Ihuriro RCA igiye gushyiraho rizaza ryiyongera ku Itsinda bamaze gushyiraho
Mukamurera Claudine avuga ko muri Koperative yabo nta makimbirane arabona arenga itsinda bashyizeho
Abahawe ibihembo bavuga ko bazakomeza kwimakaza Imiyoborere myiza mu Banyamuryango
Bamwe mu Bayobozi ba makoperative mu Karere ka Muhanga
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

Elisée MUHIZI 29/08/2023 3:04 29/08/2023 3:00
Inkuru ibanza Ubuzima bwagarutse muri AS Kigali
Inkuru ikurikira Amajyepfo: Barasaba ko hongerwa iminsi EXPO imara
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?