Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Abakozi ba APR FC bakurikiranyweho kuroga abakinnyi ba Kiyovu SC
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Abakozi ba APR FC bakurikiranyweho kuroga abakinnyi ba Kiyovu SC

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana 15/09/2023 7:11
Abaregwa bemera ibyo bakoze ariko ntibemera inyito y'icyaha

Abasirikare n’abasiviri bakorera ikipe ya APR FC bakaba bashinjwa gushaka kuroga abakinnyi ba kiyovu SC basabiwe gufungwa imyaka itatu.

Inkuru dukesha INTEGO News, ivuga ko Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasabiye abantu bane barimo abakozi ba APR FC batatu (abasirikare n’umusivile umwe), gufungwa imyaka itatu.

Bakurikiranyweho icyaha cyo gucura umugambi wo guha umuntu ikintu gishobora kwica cyangwa gushegesha ubuzima.

Major Jean Paul Uwanyirimpuhwe wari Team Manager (ushinzwe ibikorwa by’ikipe) na Major Dr Erneste Nahayo wari Umuganga w’Ikipe bari mu bari kuburana.

Dosiye yabo irimo kandi uwitwa Mupenzi Eto’o wari ushinzwe Igura n’Igurisha ry’Abakinnyi muri APR FC, n’undi muntu umwe w’umusivile witwa Bizimana Bilali.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo bitabye urukiko, hanzurwa ko umwanzuro uzasomwa ku wa 13 Ukwakira, 2023.

Amakuru avuga ko bacuze umugambi wo guha abakinnyi ba Kiyovu Sports ibintu byo kunywa mu mutobe kugira ngo bizabace intege mu mukino Kiyovu yakinnyemo na APR FC.

Muri uyu mukino Ikipe y’Ingabo, APR FC yatsinze Kiyovu SC 2-1, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 3-2.

Abaregwa bose n’abunganizi babo bemera ibikorwa bigize ibyo baregwa, ariko ntibemera inyito y’icyaha.

- Advertisement -

Ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa imyaka itatu n’amande y’ibihumbi 500 Frw.

Mu Rwanda umupira w’amaguru uvugwamo imiteguro yo hanze y’ikibuga, abapfumu n’amarozi ariko ibyo guhumanya abakinnyi muri ubu buryo bisa n’ibitamenyerewe.

ISESENGURA

IVOMO: INTEGO NEWS

UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

Ange Eric Hatangimana 15/09/2023 11:20 15/09/2023 7:11
Inkuru ibanza Uwahoze ayobora Ikigo cy’Amakoperative arafunzwe
Inkuru ikurikira Muhanga: Abitwa abahebyi bateye abasekirite barinda ibirombe bamwe barakomereka
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?