Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Abana bavutse bafatanye bitabye Imana
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Abana bavutse bafatanye bitabye Imana

NDEKEZI Johnson NDEKEZI Johnson 19/09/2023 10:45
Abana bavutse bafatanye bitabye Imana

Abana baherutse kuvuka buri umwe ameze nk’uryamye ku wundi, bitabye Imana ku mugoroba wo ku wa 18 Nzeri 2023, ababyeyi babo barasaba ubufasha bwo kubashyingura no kubona uko bava CHUK bagasubira iwabo i Nyaruguru.

Ni abana ba Ntakirutimana Emmanuel na Niyonambaza Angelique bo mu Mudugudu wa Akajonge, Akagari ka Kibeho, Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.

Aba bana bavukiye mu bitaro bya Munini gusa baza koherezwa mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali ( CHUK) kugira ngo babagwe batandukanywe.

Ababyeyi ba bariya bana bavuga ko bari batunguwe no kubyara impanga z’abahungu bafatanye ibice byo mu nda.

Bari bahawe amazina ya Mugisha Bonheur na Ishimwe Fiston, buri umwe yari ameze nk’uryamye ku wundi.

Umuyobozi Mukuru wa CHUK, Lt Col Dr Tharcise Mpunga yari aherutse gutangaza ko inyingo y’abahanga mu by’ubuvuzi bw’abana, yagaragaje ko amahirwe yo gukomeza kubaho kw’abo bana bavutse bafatanye bwari 1/5000.

Ababyeyi b’aba bana bavuga ko kugeza ubu nta bushobozi bwo kwishyura imva no gusubira iwabo I Nyaruguru bari babona.

Ntakirutimana yagize ati “Sindamenya niba ibitaro biri bwemere kuduha imodoka kuko twabuze ubufasha, habuze n’uko twakwiyishyurira irimbi.”

Ufite umutima wo gufasha yatera inkunga uyu muryango binyuze kuri nimero ya telefone 0785224717 ibaruye kuri Ntakirutimana Emmanuel.

- Advertisement -
Abana bavutse bafatanye bitabye Imana

 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

 

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

NDEKEZI Johnson 19/09/2023 10:45 19/09/2023 10:45
Inkuru ibanza Musanzeꓽ Urubyiruko rweretswe amahirwe ari mu kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba
Inkuru ikurikira Kalimba Alice yagizwe kapiteni wa Rayon y’Abagore
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?