Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Bugesera: Abantu 10 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Bugesera: Abantu 10 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda

MURERWA DIANE MURERWA DIANE 19/09/2023 6:11
Abahawe ubwenegihugu bw'u Rwanda biyemeje gukorera igihugu nta kujenjeka

Abantu icumi batuye mu Karere ka Bugesera bafite inkomoko mu gihugu cy’u Burundi na Kenya, barishimira ko bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, kuri ubu bakaba ari Abanyarwanda mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ubwo kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Nzeri 2023, mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba, haberaga umuhango wo kwakira indahiro zabo, batangaje ko batewe ishema no kuba Abanyarwanda kuko basanga ari iby’agaciro kuri bo.

Barayizigiye Bertin ufite inkomoko mu gihugu cy’u Burundi, amaze igihe cy’imyaka 8 atuye mu Rwanda, avuga ko uretse kuba afite umugore w’Umunyarwandakazi, ariko ngo na we akunda u Rwanda ari na yo mpamvu nyamukuru yahisemo gusaba ubwenegihugu.

Ati ” U Rwanda narubone neza niyo mpamvu nasabye ubwenegihugu nanjye mbe umunyarwanda mu bande mbashe kurukorera.”

Avuga ko yishimira imiyoborere y’igihugu by’umwihariko ko aho usabye serivisi bayiguha neza batarebye inkomoko.

Juma Ali, ukomoka i Mombasa mu gihugu cya Kenya, amaze imyaka isaga 18 mu Rwanda, avuga ko akigera mu Rwanda uretse kuba yarahakunze, ariko kandi ngo yananyuzwe n’umuco waho bituma yiyemeza ku ba Umunyarwanda.

Ati ” Imiyoborere ni myiza, naje ndi umukozi ubu maze imyaka itatu nikorera kandi ibintu biri kugenda neza cyane.”

J. Damascène Rusanganwa wari uhagarariye umuyobozi ushinzwe abinjira n’abasohoka muri uyu muhango, yavuze ko uwahawe ubwenegihugu Nyarwanda butangwa agira uburenganzira n’inshingano nk’iby’Umunyarwanda ufite ubwenegihugu Nyarwanda bw’inkomoko, keretse iyo amategeko abiteganya ukundi.

Yavuze ko aba icumi bahawe ubwenegihugu uyu munsi ari ubushingiye ku ishyingirwa aho harimo abagabo bafite abagore b’Abanyarwandakazi n’abagore bafite abagabo b’Abanyarwanda.

- Advertisement -

Rusanganwa yavuze ko babanje kugenzura ko abahawe ubu bwenegihugu Nyarwanda bamaze imyaka itanu barashyingiwe nk’umugabo n’umugore.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard yashimiye abahawe ubwenegihugu Nyarwanda kuba barahisemo u Rwanda nk’igihugu cya bo anabasobanurira amahirwe ari mu Karere ka Bugesera.

Yabibukije ko amahitamo y’u Rwanda ari ukuba umwe, kureba kure no kubazwa inshingano, abashishikariza gufatanya n’abandi kubaka igihugu.

Impamvu zishingirwaho mu gusaba cyangwa gutanga ubwenegihugu Nyarwanda butangwa zirimo kuvukira ku butaka bw’u Rwanda. umwana watoraguwe, ishyingirwa, kubera umubyeyi umwana utabyaye, inyungu z’igihugu, ubumenyi cyangwa impano byihariye.

Izindi mpamvu ni ishoramari cyangwa ibikorwa binini kandi birambye, kuba mu Rwanda, icyubahiro, kuba umwimukira no kutagira ubwenegihugu.

Ubwenegihugu Nyarwanda butangwa bushobora no kwamburwa kubera impamvu zirimo kuba uwabuhawe yarabubonye akoresheje amakuru atari yo, inyandiko ihinduye cyangwa irimo ikinyoma cyangwa akoresheje ubundi buriganya ubwo ari bwo bwose n’iyo uwabuhawe yabusabye agambiriye kugambanira Repubulika y’u Rwanda.

Icyakora, kwamburwa ubwenegihugu Nyarwanda butangwa ntibyemewe iyo bishobora gutuma ubwamburwa aba umuntu udafite ubwenegihugu.

Abahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda babirahiriye
Basinyiye ko bahawe ubwengehigu bw’u Rwanda
Mayor Mutabazi yabasabye kurangwa n’indangagaciro Nyarwanda
Bafashe ifoto y’urwibutso imbere y’ibiro by’Akarere ka Bugesera
Abahawe ubwenegihugu Nyarwanda bahawe ibyemezo bibishimangira

 

MURERWA DIANE / UMUSEKE.RW i Bugesera

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

MURERWA DIANE 19/09/2023 6:11 19/09/2023 6:11
Inkuru ibanza Guverineri Dushimimana yahaye ubutumwa abashinzwe ubuhinzi birirwa mu biro
Inkuru ikurikira Nyabitekeri: Beretswe uko bazigobotora inzara yahashinze ibirindiro
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?