Nyamasheke: Abarema isoko Nyambukiranyamipaka barataka ko rikora nabi

MUHIRE DONATIEN MUHIRE DONATIEN
Abarema Nyambukiranyamipaka rya Rugari barasaba ko rikora buri munsi

Abaturage barema isoko nyambukiranya mipaka rya Rugari bifuza ko ryakongererwa iminsi rikoreraho,rikava ku munsi umwe mu cyumweru.

Aba baturage biganjemo abarituriye bavuga ko  bajyanayo umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi , bakagaragaza bagagaza ko ryongerewe iminsi rikoreraho barushaho gutera imbere.

Nyirahigano Felicite ni umuhinzi w’ibijumba avuga ko iri soko ryamubereye igisubizo, imbogamizi zigihari ari uko rikora rimwe mu cyumweru , Kuri we  asanga bidahagije bityo yifuza ko iminsi yakongerwa.

Ati”Iri soko ryatubereye igisubizo mbona aho ngurishiriza umusaruro n’aho  mpahira ibintu nkeneye .Rirema inshuro imwe mu cyumweru ,kuri njye ntabwo ihagije, twifuza ko ryaba kabiri mu cyumweru.

Mukantumwa Donatha nawe yavuze ko isoko asanga kuba  rikora  umunsi umwe imwe mu cyumweru bitazatuma atiteza imbere nk’uko abyifuza, akifuza  ryakora  iminsi myinshi.

Ati”Baryubatse tubona ari iterambere ryiza, Ikibazo ni uko  rikora rimwe mu cyumweru. Twifuza ko mu cyumweru ryaba nka kabiri cyangwa gatatu  byadutera gushyuha mu mutwe bigatuma tujya tuza gushaka icyatubeshaho”.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke butangaza ko ikibura kugira ngo rikore buri munsi ari uko ibyumba bicye bisigaye bidafite ababikoreramo bityo nibaamara   kuba benshi  gukora  buri munsi bikazakunda.

Ati”Rikora ku wa gatatu gusa, twifuza ko ryajya rikora buri munsi riracyafite ibyumba bike  byo gukoreramo,   abaryitabira ni  baba benshi rizajya rikora buri munsi“.

Isoko nyambukiranya mipaka rya Rugari, ryubatse mu Mudugudu wa Rwamiko, Akagari ka Rugali, Umurenge wa Macuba,rihuza abaturage b’ibihugu by’u Rwanda na Congo.

- Advertisement -

Ryatangiye kubakwa mu mwaka wa 2018 ryuzura muri 2020 ritangira gukorerwamo muri uwo mwaka.

Ryuzuye ritwaye amafaranga angana na Miliyari zisaga 2.7 Frw.

MUHIRE Donatien

UMUSEKE.RW/ Nyamasheke