FERWAFA yatangije umwiherero w’Abangavu barenga 50

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Mu rwego rwo gukomeza gushyigikira abana b’abakobwa bakina umupira w’amaguru, biciye muri Komisiyo Ishinzwe Iterambere ry’Umupira w’Abagore mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, ndetse n’ubufatanye bw’iri shyirahamwe na Sports Scolaire, hatangijwe umwiherero w’abangavu uzaberamo imyitozo.

Uyu umwiherero watangijwe kuri uyu munsi, wahurijwemo abana b’abakobwa 60, uzamara iminsi irindwi. Abagera kuri 30 ni abatarengeje imyaka 15 mu gihe abandi 30 ari abatarengeje imyaka 17.

Abari muri uyu mwiherero, ni abana baturutse mu bigo bitandatu bya za Centre d’Excellence mu mashuri yatoranyijwe ku bufatanye na Ferwafa na Sports Scolaire.

Aba bana bahurijwe mu Akarere ka Huye aho bari gutorezwa kuri Stade Kamena. Biteganyijwe ko nyuma y’uyu mwiherero, umwaka utaha hazabaho undi mwiherero uzahuza ibi bigo nanone maze hakazabaho irushanwa rizabihuza kandi rikazaba ngarukamwaka.

Ikigamijwe, ni ugukomeza gukurikirana aba bana b’abakobwa mu buryo buhoraho kugira ngo ruhago y’Abahore mu Rwanda irusheho gutera imbere.

Komiseri Ushinzwe Iterambere rya Ruhago y’Abagore muri Ferwafa, Munyankaka Ancille, avuga ko ari igikorwa kizaba ngarukamwaka kandi bizeye ko kizatanga umusaruro mwiza.

Akomeza avuga ko iki gikorwa kizatuma buri mwana w’umukobwa uri muri uyu mwiherero, akurikiranwa neza kubera ko azaba anafite ifishi yandikwaho uko yitwara.

Umwarimu w’abatoza ndetse akaba n’umwe mu batoza bari guha imyitozo aba bana, Hamim, avuga ko hatoranyijwe abana b’abakobwa mu Gihugu hose bafite impano kurusha abandi kandi babizeyemo umusaruro mwiza.

Yakomeje avuga ko bababonamo ibisubizo ku Iterambere rya ruhago y’Abagore mu Rwanda.

Ni abana bitezweho kuzazahura ruhago y’Abagore mu Rwanda
Ni ibyiciro bibiri by’imyaka
Ni abana 60 bose hamwe
Umwarimu w’abatoza akaba n’umutoza uri gufasha aba bana, yizeye umusaruro mwiza uzavamo
Komiseri Ancille, ahamya ko uyu mwiherero uzatanga umusaruro mwiza
Buri mwanya witaweho
Imyitozo bari kuyikorera kuri Stade Kamena
Abarimo Komiseri Ushinzwe Ruhago y’Abagore, babanje gusuhuza aba bana
Abanyezamu beza b’ejo hazaza ha Ruhago y’Abagore
Ni abana batanga icyizere
Abana berekanye ko bafite impano zo gushyigikirwa
Harimo abana b’abakobwa bafite impano kurusha abandi

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *