Abazamuwe na Ntirenganya w’i Gatsibo biyemeje gusigasira Irerero yatangije

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Abakinnyi batandukanye batojwe n’umutoza, Ntirenganya Jean de Dieu mu Akarere ka Gatsibo, bakoze igikorwa cyo kumwibuka nyuma yo kumara umwaka yitabye Imana, biyemeza kuzakomeza gusigasira Irerero ry’Umupira w’amaguru uyu mutoza yasize atangije.

Ku wa 4 Nyakanga 2024, ni bwo hamenyekanye inkuru yari incamugongo yavugaga ko Ntirenganya Jean de Dieu, yitabye Imana azize uburwayi. Ni umutoza wazamuye benshi mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bakomoka mu Akarere ka Gatsibo mu Intara y’i Burasirazuba.

Nyuma y’umwaka umwe, abo Ntirenganya yazamuye, bakoze igikorwa cyo kumwibuka. Ni igikorwa cyabaye ku wa 15 Kamena 2025, gikorwa n’abari bayobowe na Manishimwe Djabel, Ruboneka Bosco n’abandi.

Igikorwa cyabanjirijwe no kubanza kujya gusura aho Ntirenganya aruhukiye mu Akarere Ka Kayonza mu Murenge wa Kabarondo. Bahavuye bajya ku kibuga cya Kiramuruzi ari na ho uyu mutoza yatorezaga.

Nyuma y’iki gikorwa, aba bakinnyi bavukiye i Gatsibo, bahise bakina umukino wa gicuti. Umukino wa mbere watangiye Saa Saba z’amanywa, Irerero rya Gatsibo Football Academy ryatsinze Interforce FC ibitego 2-1.

Umukino wakurikiyeho wahuje ikipe y’abarerewe Kiramuruzi bafatinyije n’abashyitsi, urangira Inkomezabigwi FC irimo abasanzwe baba Kiramuruzi itsinze ibitego 3-1.

Nyuma y’iyi mikino, habayeho umwanya wo kugaruka ku bigwi byaranze umutoza Ntirenganya, bibukiranya ko bakwiye gukomeza gushyigikira ibikorwa yasize birimo gufasha abana b’i Gatsibo kuzamura impano za bo mu mupira w’amaguru. Aba kandi bemeranyije ko kizaba igikorwa ngarukwamwaka kizajya kizahoraho.

Banahasize ibikoresho
Ruboneka yafashe ijambo avuga kuri Ntirenganya Jean de Dieu
Manishimwe Djabel yavuze uko Ntirenganya yababereye umubyeyi
Ruboneka Bosco ari mu barerewe i Kiramuruzi
Ishimwe Fiston na we ari mu bazamuwe na Ntirenganya Jean de Dieu
N’ubwo yitabye Imana, ibikorwa bye biracyavuga
Irerero rya Gatsibo ryakomeje gusigasirwa
Abakinnyi batandukanye bo mu Cyiciro cya mbere, bari baje muri uyu muhango
Abarimo Manishimwe Djabel, bazamuwe na Ntirenganya
Kwitonda Alain yari mu baje kwifatanya n’abandi muri uyu muhango
Habaye imikino ibiri yari igamije kwibuka ibikorwa bya nyakwigendera Ntirenganya Jean de Dieu
Ahashyinguye Ntirenganya, bahashyize indabo
Habanje umuhango kujya ku mva ye
Ababyeyi bamuhaye icyubahiro mu kuzirikana ibikorwa bye
Ababyeyi bo mu Akarere ka Gatsibo, bari bahari
Ruboneka na bagenzi be ubwo bajayaga ahashyinguye Ntirenganya
Ni igikorwa kitabiriwe n’abanya-Gatsibo benshi

Abarimo abana b’i Gatsibo, bagiye gushyira indabo ahashyinguye Ntirenganya

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi