Browsing author

MUHIRE DONATIEN

Nyamasheke: Umugabo wishe abagore babiri yarashwe

Umugabo witwa Niyonagize Xavier wo mu Karere ka Nyamasheke yatemye abagore babiri barimo uwo bashakanye war’utwite n’uw’umuturanyi, bahita bahasiga ubuzima, nawe araraswa agapfa. Uwakoze ubu bwicanyi akanatema inka yari atuye mudugudu wa Kasenjara, akagari ka Karusimbi, umurenge wa Bushenge, Akarere ka Nyamasheke. Ubu bugizi bwa nabi bwabaye saa moya za mu gitondo cyo kuri uyu […]

Nyabihu: Umusore akurikiranyweho gukorera urugomo uwo basangiye mu Bukwe

Umusore w’imyaka 30 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Kiramira ,Akagari ka Ngando, Umurenge wa Kabatwa, Akarere  ka Nyabihu mu ntara y’IBurengerazuba, akurikiranyweho gutema mugenzi we mu mutwe nyuma yo gusangira inzoga mu bukwe. Uru rugomo rwabaye kuwa 1 Gashyantare 2025, ku isaaha ya saa moya z’umugoroba, uwatemwe mu mutwe yitwa  Hakizimana Musa w’imyaka 31 y’amavuko. […]

Rusizi: Abanyamuryango ba FPR baremeye inka uwamugariye ku rugamba

Abanyamuryango ba FPR  Inkotanyi, bo mu Murenge wa Kamembe, baremeye inka uwamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu. ifite agaciro k’amafaranga y’uRwanda ibihumbi 700 Frw. Iki gikorwa cyakozwe Kuwa Gatandatu tariki ya 1 Gashyantare 2025, ubwo hizihizwaga  umunsi mukuru ngaruka mwaka w’Intwari z’Igihugu, Munyaneza Samson, waremewe inka, afite umugore n’abana babiri. Mu mbamutima nyinshi yavuze ko […]

Imiryango 5 y’Abanyarwanda yari yarashakiye muri Congo yahunze imirwano

Rusizi: Imiryango itanu  igizwe n’abantu  32 y’abagore n’abana babo,bari barashakanye n’abagabo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse aho bavuka mu Murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi mu Ntara y’iburengerazuba, kubera imirwano ica ibintu muri Congo. Nyirandimubenshi Yvette yabwiye UMUSEKE ko yavukiye mu Murenge wa Nkombo,ashakana n’umugabo wo muri DRC ahitwa i Karehe. […]

Rusizi: Abanyeshuri babiri barakekwaho kugerageza kuroga bagenzi babo

Abanyeshuri biga muri GS Mutongo mu kagari ka Tara, Umurenge wa Mururu, Akarere ka Rusizi, baravugwaho kugerageza  kuroga bagenzi babo bigana bakoresheje umuti wica imbeba. Byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Mutarama 2025, saa saba z’amanywa bagiye kurya. Aba banyeshuri ni abakobwa babiri biga  mu mwaka wa gatandatu mu Ishami rya HEG. Abanyeshuri […]

Umuhanda Nyamasheke -Kigali nturi  nyabagendwa

Polisi y’Igihugu yatangaje ko umuhanda munini unyura mu turere twa Nyamahseke,Huye,Kigali   wafunzwe by’agateganyo. Ni mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa X rwa  Polisi y’igihugu  kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Mutarama 2024,igaragaza ko gufunga uyu muhanda by’igihe gito byatewe n’impanuka yabereye mo mu gice cy’ishyamba rya Nyungwe mu kagari ka Buvungira,Umurenge wa Bushekeri, Akarere […]

Rusizi: Umuhanda uhuza u Rwanda,Congo, u Burundi ugiye gukorwa

Guverimeri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco yijeje abakoresha  umuhanda wa Kamembe-Nzahaha -Bugarama,unyuzwamo ibicuruzwa bijyanwa ku mipaka ihuza u Rwanda n’ibihugu by’u Burundi na DRC, ko ugiye gutangira gukorwa. Abaturage bawukoresha bavuga ko ubabangamiye cyane urimo ibyobo bituma nta kinyabiziga kibasha kuwunyuramo ndetse ko  wahagaritse ubuhahirane. Bongeyeho ko bahozwa mu kizere ko ugiye gukorwa, bamwe mu […]

RIB yakebuye abaturage bitwaza gusenga “bakigomeka kuri gahunda za Leta”

Nyamasheke: Abantu batanu baherutse gufatwa basengera mu rugo rw’umuturage binyuranyuje n’amategeko beretswe itangazamakuru bambaye amapingu, bakekwaho kwigomeka kuri leta. Abantu bafashwe basengera mu rugo rw’umuturage biyise “Itorero ry’Abera”. Ni abo mu kagari ka Muyange, Umurenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke. Ku wa Kabiri tariki 21 Mutarama 2025, nibwo ku bufatanye bw’akarere ka Nyamasheke, Polisi y’igihugu […]

Rusizi: Isoko riremwa n’abarimo Abanye-Congo barasaba ko ryubakwa

Abarema isoko rya Hepfu mu Murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba bifuza ko ryubakirwa. Iri soko riri ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu rimaze imyaka 28 ritubatse, riremwa n’abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, n’abaturanyi bo mu gihugu cya Repubulika ya Congo (DRC) mu bice bya […]