Browsing author

NDEKEZI Johnson

#IgareNingufu: Ubwiza bwa Tour du Rwanda bwahujwe n’imyidagaduro

Uruganda rw’ibinyobwa rwa Ingufu Gin Ltd rukomeje kunezeza abaza kureba ibirori by’isiganwa ry’umukino w’amagare rya Tour du Rwanda, aho ahatangiriye agace ku munsi n’aho karangiriye hifashishwa abahanzi n’ibyamamare mu gususurutsa abantu. Guhera tariki 23 Gashyantare 2025 kugeza ku wa 2 Werurwe uyu mwaka, mu Rwanda hari kubera irushanwa mpuzamahanga rya Tour du Rwanda rizenguruka igihugu. […]

#TdRwanda2025 Brady Gilmore yegukanye agace Musanze-Rubavu

Brady Gilmore ukinira ikipe ya Israel-Premier Tech wari wegukanye agace k’ejo ni nawe wegukanye agace Musanze-Rubavu, abarimo Eric Senderi, Mico The Best, Dj Brianne na Djihad baha ibyishimo abakunzi ba Ingufu Gin Ltd. Ku i Saa tanu zuzuye ni bwo abakinnyi 68 bari bahagurutse imbere y’isoko rya Musanze berekeza mu karere ka Rubavu, mu gihe […]

Brady Gilmore yegukanye agace ka #TdRwanda2025 gasaba Ingufu

Umunya-Australia Brady Gilmore ukinira Ikipe ya Israel Premier Tech, yegukanye Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda ya 2025, naho Fabien Doubey akomeza kwambara umwambaro w’umuhondo. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Gashyantare ni bwo Tour du Rwanda ya 2025 yakomeje ku munsi wayo wa kabiri hakinwa agace ka Kabiri kavuye mu mujyi wa […]

Gen (Rtd) Kabarebe yavuye imuzi uko Tshisekedi yifuje guhanagura u Rwanda

Gen (Rtd) James Kabarebe, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yavuze ko ibibazo bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo byatangiye nyuma y’iyicwa rya Patrice Lumumba, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Zaire. Yabisobanuriye abagize Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda ku wa 25 Gashyantare 2025. Minisitiri Kabarebe yasobanuye ko ibibazo bya […]

Nizeye ko turi kujya mu cyerekezo kizima-Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko iterambere ry’ikoranabuhanga n’ibikorwaremezo byaryo ryongereye ibigo by’imari bitanga serivisi hakoreshejwe ikoranabuhanga, bityo bikoroshya uko abantu bagera kuri serivisi binyuze kuri telefone. Perezida Kagame yatangiye ubu butumwa muri Kigali Convention Centre ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama y’Ikoranabuhanga mu by’Imari (Inclusive FinTech Forum). Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi, abashoramari, na ba rwiyemezamirimo mu […]

Gicumbi: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu giti

Rucamihigo Callixte wo mu mudugudu wa Gatare, Akagari ka Gisuna, Umurenge wa Byumba, Akarere ka Gicumbi, yasanzwe yapfuye amanitse mu giti kuri uyu wa 24 Gashyantare 2025. Umugore wa nyakwigendera avuga ko umugabo we yabyutse ajya gusenga nta kibazo, ariko hashize amasaha macye amenyeshwa ko basanze amanitse mu giti. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byumba, Ngezahuhuremyi […]

Abasirikare ba SADC boherejwe kurasa M23 batashye ari ibisenzegeri

Abasirikare bagera kuri 200, barimo abakomerekeye ku rugamba, abahuye n’ihungabana, n’abagore babiri batwite, bakomoka muri Afurika y’Epfo, Malawi, na Tanzania bari boherejwe muri DR Congo kurwanya umutwe wa M23, basubiye mu bihugu byabo mu kimwaro cyinshi banyuze ku butaka bw’u Rwanda. Ni nyuma yo gutsindwa mu rugamba i Goma, aho bari bafatanyije n’Ingabo za Repubulika […]

Serivisi zo kubaga kwa muganga si iz’abifite gusa- Min Nsanzimana

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nzanzimana Sabin, yavuze ko serivisi zo kubaga zikenewe na bose, asaba kurandura imyumvire y’abumva ko ari iz’abifite gusa kubera ikiguzi kikiri hejuru ndetse n’ubuke bw’abaganga babaga abarwayi. Dr. Nsanzimana yabivuze ku wa 24 Gashyantare 2025 mu gufungura inama Nyafurika y’impuguke zisaga 600 mu kubaga abarwayi, ibera i Kigali. Iyi nama yatangijwe na […]

Nyagatare: Bemeza ko Croix Rouge y’u Rwanda yabahinduriye imibereho

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare bagejejweho inkunga na Croix Rouge y’u Rwanda bakomeje kuyishimira, bashimangira impinduka nziza yabagejejeho, kuko yabakuye mu bukene kandi ikabafasha kugera ku rwego rwo gufasha abandi. Urugero ni bamwe mu batuye Imirenge ya Karangazi na Rwimiyaga bashimira uruhare rwa Croix Rouge y’u Rwanda mu iterambere ryabo, bishimira intambwe […]