Browsing author

NDEKEZI Johnson

Ibigo byitwaye neza byashimiwe muri Consumers Choice Awards 2025

Ibigo byitwaye neza byashimiwe muri Consumers Choice Awards 2025

Ibigo icyenda bikorera mu Rwanda byashyikirijwe ibihembo bya Consumers Choice Awards bitegurwa na Sosiyete ya Karisimbi Events, bishimirwa umuhate bishyira mu gutanga serivisi zinoze ndetse no gufata neza ababigana. Ibi bihembo byatanzwe ku nshuro ya kane byatangiwe mu birori byabereye muri Century Park Hotel & Residences i Nyarutarama ku mugoroba wa tariki 21 Gicurasi 2024. […]

Abaturage barasabwa kwitwararika ku biribwa bitujuje ubuziranenge

Abaturage barasabwa kwitwararika ku biribwa bitujuje ubuziranenge

Ikigo cy’Igihugu Gitsura Ubuziranenge, RSB, kivuga ko iyo ubuziranenge butitaweho bigira ingaruka zikomeye ku buzima, bityo abaturage bakaba basabwa kwirinda ibiribwa bitabwujuje kuko ari intandaro y’indwara zikomeye zihitana ubuzima bwa benshi. Ibi byagarutsweho mu bukangurambaga buri gukorwa na RSB, NCDA, na MINAGRI bwakomereje mu Karere ka Rubavu, aho hibanzwe ku kubungabunga ubuziranenge bw’imbuto n’imboga. Abaguzi, […]

Gasabo: Abahoze mu buraya bahawe ibikoresho by’ubudozi

Gasabo: Abahoze mu buraya bahawe ibikoresho by’ubudozi

Abagore bo mu murenge wa Rutunga, mu karere ka Gasabo bahoze bakora uburaya barishimira ko bahawe ibikoresho by’ubudozi bizabafasha kwiteza imbere badategereje kubaho ari uko baryamanye n’abagabo bakabahonga amafaranga. Ni abagore 40 bibumbiye mu Itsinda Twiyubake bahoze bakora uburaya ariko bakiyemeza kubuvamo kuko babonaga nta terambere bashobora kugeraho. Umuyobozi w’iri tsinda avuga ko mu rugendo rwo […]

Abanyarwanda barakangurirwa kurwanya imirire mibi barya amafi

Abanyarwanda barashishikarizwa kurya amafi hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira, bakamenya ko akungahaye ku ntungamubiri, ndetse bagacika ku myumvire igaragaza ko kurya amafi bisaba amikoro ahambaye. Ni ibyagarutsweho n’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA), Nathan Kabanguka, mu bukangurambaga bwabereye mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke, bugamije gushishikariza abantu kurya amafi n’ibiyakomokaho, hagamijwe […]

Angola yahagaritse kuba umuhuza mu bibazo byashegeshe Congo

Angola yahagaritse inshingano z’ubuhuza hagati y’impande zihuriye mu kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa DRC. Guverinomaya Angola yavuze ko yafashe inshingano z’ubuhuza kuva mu myaka ine ishize, maze ngo igeza abagomba kugirana ibiganiro “ku ntambwe ishimishije.” Yavuze ko yari yabigiyemo yabihaye agaciro, ariko ngo hagiye habamo kubura umwe mu bagombaga kuganira, nko mu kwezi k’Ukuboza […]

Abagorwa no kubona ‘Cotex’ mu gihe cy’imihango bagiye gufashwa

Umuryango Women for Women Rwanda watangije ubukangurambaga bwitwa ‘March For Her Flow’, bugamije gushishikariza abantu gutera inkunga mu gutanga ibikoresho by’isuku bikenerwa n’abagore n’abakobwa mu gihe cy’imihango. Ubu bukangurambaga bujyanye n’uko Isi ikomeje kwizihiza Ukwezi kw’Abagore kwizihizwa muri Werurwe buri mwaka. Ni mu gihe bamwe mu bakobwa n’abagore bagorwa no kutabona ibikoresho by’isuku birimo amazi […]

Rusizi: Umusaruro w’isambaza ntucyangirika nka mbere

Abarobyi n’abacuruzi b’isambaza bo mu Karere ka Rusizi bashimira Leta y’u Rwanda yabafashije kubona igisubizo cyo kubika umusaruro w’isambaza usanzwe uboneka mu Kiyaga cya Kivu, ku buryo ubu ugezwa ku isoko wujuje ubuziranenge. Mu kiganiro UMUSEKE wagiranye na Kagombe Hamza, Umuyobozi wa Projet Pêche irangura isambaza mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ikazigurisha abacuruzi, yavuze […]

Bemba yongeye gushinja Kabila kuba Umunyarwanda

Visi Minisitiri w’Intebe wa RDC akaba na Minisitiri w’Ubwikorezi, Jean-Pierre Bemba, yongeye kwifatira ku gahanga Joseph Kabila wahoze ari Perezida, avuga ko atari Umunyekongo ahubwo akomoka ku babyeyi b’Abanyarwanda. Jean-Pierre Bemba yabivugiye mu nama i Kintambo muri Kinshasa ku wa Gatandatu, mu ruzinduko rwo gukunda igihugu amaze iminsi akorera hirya no hino muri RDC. Bemba, […]

Réseau des Femmes yashyize asaga miliyari 2 Frw mu kurengera ibidukikije

Umuryango Nyarwanda utari uwa Leta, Réseau des Femmes Oeuvrant pour le Développement Rural, uharanira Iterambere ry’umugore, washyize amafaranga asaga Miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda mu kurengera ibidukikije. Ni ibyagarutsweho mu mahugurwa y’abagera kuri 70 barimo abanyamuryango n’abakozi ku bijyanye no kurengera ibidukikije no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe. Mukandori Therese wo mu Karere ka Ruhango yavuze […]