Ingengo y’imari y’umwaka 2021-2022 iziyongeraho 10% ugereranyije n’iheruka

webmaster webmaster

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko ingengo y’imari ya leta y’umwaka utaha wa 2021/2022 ishobora kwiyongeraho 10% ugereranyije n’iy’uyu mwaka wa 2020/2021 ugana ku musozo.

Ibi bikubiye mu mbanzirizamushinga y’iyo ngengo y’imari  yamurikiwe Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite na Sena kuri uyu wa gatatu tariki ya 12 Gicurasi 2021.

Richard Tusabe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta wari uhagarariye Guverinoma yavuze ko Ingengo y’Imari y’umwaka utaha wa 2021-2022 biteganyijwe ko izagera kuri miliyari 3 807 Frw ivuye kuri miliyari 3 464 Frw yari mu ngengo y’imari ivuguruye y’uyu mwaka wa 2020-2021.

Biteganyijwe ko 67% by’iyo ngengo y’imari azaturuka imbere mu gihugu, 16% aturuke mu nkunga z’amahanga mu gihe 17% ari inguzanyo z’amahanga.

Richard Tusabe yavuze kandi ko amafaranga azakoreshwa mu mishinga y’iterambere no mu ishoramari rya Leta azagera kuri Miliyari 1 934,2 Frw bingana na 50.8% by’ingengo y’imari harimo amafaranga agenewe gushyigikira ibikorwa by’abikorera mu guhangana n’ingaruka za COVID-19 no kugeza urukingo rw’icyo cyorezo ku baturage.

Richard Tusabe avuga kandi ko mu itegurwa ry’iyi mbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ya 2021/2022 hibanzwe ku bikorwa byo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere, NST1, Vision 2050 , gushyira mu bikorwa ibyo umukuru w’igihugu yemereye Abaturage n’ibindi.

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

- Advertisement -