Huye: “Umugabo wavuzweho kuraza umuhoro ku musego”, awukangisha umugore we yatawe muri yombi

webmaster webmaster

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

Mu Mudugudu wa Kabakobwa mu Kagari ka Musebeya, mu murenge wa Kigoma mu karere ka Huye, umugabo wavuzweho gushyira umuhoro ku musego akabwira umugore we ko “uzakora akantu” yatawe muri yombi.

Ibiro by’Akarere ka Huye

Mu nkuru UMUSEKE twabagejejeho umugore witwa Anociatha Mundanikure w’imyaka 57 y’amavuko yashinjaga umugabo we  witwa  Ruberangabo Cassien w’imyaka 56 y’amavuko kumuhohotera we n’abana be.

Umugore  yavugaga ko umugabo yafataga ibiryo bitetse agashyiramo igikeri, agafata ifu y’igikoma agashyiramo ivu, cyangwa umunyu, agashyira umuhoro ku musego akabwira umugore we ko “uzakora akantu”.

Ngo hari n’ubwo yafataga akadobo agashyiramo inkari n’amazirantoki akabamenaho baryamye n’ibindi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigoma Dukundimana Cassien yabwiye UMUSEKE ko nyuma y’uko babimenye inzego z’umutekano n’izibanze zafatanyije uriya mugabo atabwa muri yombi.

Ati “Amakuru yari ahari yari uko yajujubije umudamu we, ariko akabikora abaturanyi batabizi kuko yabikoraga yakinze bibwiraga ko ari ubusinzi busanzwe kuko nubwo amakuru yari azwi ariko burya umugabo n’umugore hari ibyo batavuga.”

Gitifu yakomeje avuga ko hakozwe ubusesenguzi basanga umugore amakuru yatangaga  yari afite ishingiro arakurikiranwa.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) nirwo rumufite, ngo rwatangiye iperereza.

- Advertisement -

Dukundimana Cassien uyobora Umurenge wa Kigoma asaba abaturage ko imiryango yabo ikwiye kubaha isezerano abantu bagiranye ryo kubana neza, byananirana bakabibwira ubuyobozi hakiri kare.

https://p3g.7a0.myftpupload.com/huye-umugabo-atyaza-umuhoro-akawuraza-ku-musego-ngo-abwira-umugore-ko-uzakora-akantu.html

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW/HUYE