EPISODE 19: Superstar atunguwe n’uburyo umukobwa amwitayeho akamukura mu bibazo, ese yabitewe n’iki?

Umwanditsi: NIYONZIMA Eric – A rubay writer

 

Superstar yamaze kwitegereza ibyo byose ahita yumva ubwoba buramusaze akubita agatima ku kazi yisama yasandaye ashakisha telephone ngo arebe igihe arayibura. Yagiye kweguka wa mukobwa ahita amushyira ikiganza mu gituza arongera amubwira kuba agumye ku buriri agira ati:

Umukobwa –“Njyewe nitwa Jacgueline gusa bakunda kurihina bakanyita Jacky. Rero ukwiye kubanza ugatuza muri wowe kandi ukanywa amazi kuko waraye unyoye inzoga nyinshi!”

Superstar yahise agotomera amazi yumva agaruye ubuyanja nuko ahita abwira Jacky ati:

“None se ko telephone yanjye ntayibona baraye bayinyibye?”

Jacky –“Wigira ikibazo ndayifite, nicyo kintu cya mbere nakuye mu mufuka wawe n’ikofi ndabibika ubwo imvururu zo kukwishyuza zari zitangiye.”

Superstar –“Ye? Ngo imvururu? Ubundi se byagenze bite, mbwira ndagusabye.”

Jacky –“Sinzi uwo uriwe wa muntu we, niba uri umugabo cyangwa umusore ibyo birakureba. Gusa mu ijoro njye nari niyicariye hirya gusa nkureba ukuntu uri kunywa inzoga nyinshi kandi ukajya ugurira abakobwa bose mwamaraga kubyinana. Nakomeje kukwitegereza, kugeza ubwo byageze mu masaha ya saa cyenda wasinze ushaka gusohoka ariko barakwangira kuko utari wishyuye ibyo wanywereye. Nkurikije uko nakubonaga nta nubwo wari kumenya inzira igucyura. Nabonye batangiye kugukubita ndetse no kugusaka amafaranga y’inyishyu, mpita nza ngukuramo telephone n’ikofi kuko nibyo byari kubura ugahangayika…..”

- Advertisement -

Superstar –“Bikiramariya w’I Kibeho! Ye? Hanyuma se”

Jacky –“Nakuretse urakubitwa nuko nyuma nkuzana hano iwanjye nibwo wisanze waharaye. Dore wararanye imyenda uko wari wambaye, humura nta cyakubayeho!”

Superstar – “None kuki wamfashije utanzi, unshakaho iki?”

Jacky –“Nta kintu ngushakaho. Ahubwo ni uko naringiriye impuhwe umuntu usobanutse nkawe wagiye kwiyandarika no gutakaza ikuzo. Njyewe ndakuzi kuko narindi mu bantu basobanuriwe ibyiza byo kwikorera nawe, uri Nyabugogo kubibwira umwana w’umukobwa wishyuzaga abakoresha ubwiherero.”

Superstar yahise yumva asebye by’akataraboneka gusa ibibazo yari afitiye uwo mukobwa byari Magana niko guhita amubaza ati:

“None se baje kungirira imbabazi ko wumva nabuze amafaranga nishyura?”

Jacky –“Wari wakoresheje ibihumbi 21 magana atanu. Nahise rero nyakwishyurira kandi mbabuza no kuba baguhohotera.”

Superstar –“Ni ukuri ndagushimiye! Wakoze cyane nzabikwitura, nako nkugiyemo umwenda kandi nzishyura. None se wowe wari waje kubyina?”

Jacky –“Oya. Kariya kabyiniro ni akanjye gusa nkodesha hariya kari.”

Superstar yahise yitegereza uwo mukobwa ukuntu yambaye yumva ntabwo amwizeye, gusa arebye neza ku gikuta abona ya tarrif ni ibiciro byo gukorerwa imisatsi yumva arumiwe. Yahise abaza Jacky ati:

“None se Jacky, ugurisha n’imisatsi ko numva….”

Jacky –“Ndabizi uri kunshidikanyaho. Uri gukeka ko naba nigurisha! Oya siko biri, nusohoka muri iki cyumba warayemo uraza guhita ubona salon isuka ikanatunganya ubwiza bw’abagore, nayo ni iyanjye. Rero nkurikije ukuntu umeze ukeneye kuruhuka uyu munsi ntukore, kandi urashonje ukeneye no kubanza gukaraba, n’imyambaro yawe igafurwa.”

Superstar yarasetse yenda kugagara kubera uburyo yari ari kwitabwaho, ibyo atigeze abonesha amaso ye cyangwa ngo abyumvishe amatwi ye. Ubwo Jacky yahise amwereka ubwogero bwari hafi y’icyumba, amuzanira na esui-main, nuko ahita asohoka amuha Rugali, Superstar ajya gukaraba.

Ubwo inzu ya Jacky yarikoze ku buryo, iyo wavaga mu cyumba cye wahitaga uhingukira muri saloon batunganyirizamo imisatsi y’abari n’abategarugoli.

Jacky ari kuganira n’abakozi be:

Umukozi –“Ariko Jacky, buriya njyewe ujya untangaza. Reba nk’ukuntu uba waraye utahanye umuntu utazi ukemera ukarara hano mu ntebe akarara mu buriri bwawe.”

Jacky –“Bireke sha Lily, uriya muntu yigeze kumbwira amagambo ari kumpindurira ubuzima nubwo we azi ko atabikoze. Gusa nanjye sinakekaga ko nahura na we! None se kuki watinze kuza kwiga gusuka, ni amasomo yabaye menshi?”

Umukozi –“Sha wapi pe! Gusa hari umuntu wabanaga na musaza wanjye, none ntiyaraye atashye mu ijoro ryashize kugeza na n’ubu nta makuru ye mfite.”

Jacky –“Hmm none se ko byaguhangayikishije nkaho mukundana?”

Liliane –“Sinabura guhangayika kuko ni nkaho ubu dusigaye dufitanye igihango, nako nubwo ntabimubwira ndamuku….,”

Jacky –“Hahaha, uramukunda nyine, Mugenzi azaguhamba uri muzima. Ubwo se arabizi ko wowe na Mugenzi hari icyo mupanga!”

Liliane –“Reka sha! Azi ko Mugenzi ari marume kandi azi ko naniga muri Kaminuza pe. Ahubwo wumve ko nanamushakiye akazi kwa Mugenzi!”

Jacky –“Wagize kubeshya kandi wiga gusuka hano. Uretse ko uwo atari umuco mwiza wo kubeshya! Gusa uzatuma uwo musore nakuvumbura azakwanga urunuka. Ibyawe ntibizoroha ndakurahiye. Ngaho injira mu cyumba ufate imyenda y’uriya muntu uyijyane kuyifurisha bahite banayumisha.”

Ubwo Liliane yagannye mu cyumba kirimo Superstar gusa ataragera ku muryango Jacky arisubira aramugarura yigirayo ahita ayimuzanira nuko Liliane ayijyana kuyifurisha. Hashize umwanya Jack yongera kwinjira mu cyumba asanga Superstar nibwo akiva mu bwogero ahita ahisha amaso kuko Superstar yari yambaye agatuza ahita asubira inyuma.

Superstar yarebye imyambaro ye arayibura, abona umuntu asesetse agapapuro mu nsi y’urugi ahita agafata asanga kanditseho ko aba yihanganye kuko imyenda ye yagiye gufurwa. Yategereje nk’iminota icumi, atangira gutekereza niba yahamagara Mugenzi akamubwira ko ataza, niba wenda yamubwira ko arwaye gusa asanga bwaba ari ububwa kuko ikinyoma gitera ibitekerezo guhangayika. Yahise yiyemeza guhita ajya ku kazi akarebana na Mugenzi mu maso kugeza igihe acubije ikibazo. Hashize akanya Liliane azana imyenda nuko Jacky na we ayishyikiriza Superstar ariko abanje gukomanga. Liliane ntiyari yahishuriwe ko iyo myenda yaba ari iya Superstar kuko byari ishati n’ipantaro ya tisse kandi ibyo ni ibintu bifitwe na benshi. Superstar yariteguye neza ahita anatebeza arireba mu ndorerwamo yari aho ku gikuta abona arakeye cyane.

Ubwo Liliane ku rundi ruhande yahise ahamagarwa na Mugenzi aba arasohotse agiye kwitabira ahitaruye abandi. Mugenzi yatangiye kumubwira ko ari gutakariza icyizere umusore yamuzaniye gusa bakomeza kuganira n’utundi tuntu.

Ubwo Superstar asoje kwitegura, yahise asohoka gusa asanga Liliane aracyavugira kuri telephone, yahise abwira Jacky ati:

“Sinzi ko nabona uko ngushimira. Ibi simbifata nk’ikintu wazahemberwa kwa Nyagasani ahubwo ndabifata nk’ideni nkugiyemo.”

Jacky –“Oya ntabwo ukwiye guhangayikishwa na byo. Gusa wambaye neza waberewe!”

Ubwo Jacky yabivugaga yitegereza neza umusore w’intarumikwa kandi ufite mbavu ndende waraye iwe. Jacky yahise asaba Superstar kuba yaba ategereje gato. Jacky yinjiye mu cyumba azana telephone ndetse n’ikofi bya Superstar nuko ahita na we yambara ikoti rye rirerire rigera hejuru gato y’amavi afunga ibipesu byose nuko aherekeza Superstar ariko babanza kujya kugura icyo kurya kuko Superstar yari ashonje. Bari kurya baganira:

Jacky –“Birababaje kubona umusore nkawe mwiza gutyo ujya kwandavurika mu kabyiniro. Yego wari umukiriya wanjye, gusa warengereye!”

Superstar –“Ku bwanjye ntabwo mbifata nko guta ikuzo, ahubwo mbifata nk’inzira yari yaragenwe na Rurema ngo nzahure namwe. Kuko mu busanzwe ntabwo njya nsamara cyangwa ngo nibagirwe inshingano yanjye nk’ibyambayeho ijoro ryashize. Gusa umbabarire kuko nakunyujije mu bikomeye kandi nkagutekerezaho uko utari.”

Jacky –“Uri wa muntu koko nabonye Nyabugogo nkahita nsaba Imana kuzahura na we! None birabaye.”

Superstar –“Wasanga ndi umuyoboro uzakugeza ku nzozi zawe, kandi nanjye wasanga uri ikiraro nzambukiraho mbona itsinzi yanjye mu minsi 22 isigaye.”

Jacky “Iminsi 22 isigaye? Ushatse kuvuga iki?”

Superstar –“Mbabarira njye mu kazi, gusa dufite byinshi byo kuganira. Akira business card yanjye, uze kunyandikira mpure nawe. Mwakoze kandi mbarimo umwenda.”

Superstar yahise amusezera, nuko Jacky arahagarara yitegereza uwo musore arenga. Superstar yahise yihuta ajya ku kazi asanga Mugenzi yarubiye yariye karungu, amugeze iruhande barebana amasegonda nta we uvugisha undi, mu mutima wa Mugenzi yumva yatakarije uwo musore icyizere.

Superstar –“Mwabonye bucya Nyakubahwa! Mfite icyo mbazaniye kiruta ibitaranozwa!”

Ibaze: Ese Superstar noneho afite iki cyo kwireguza ko atajya yiburira?

 

NTUGACIKWE NA EPISODE 20

Yatunganijwe n’itsinda ry’ubwanditsi rya www.rubay.rw RUBAY (Rubay Stories).

A story powered by www.umuseke.rw

 

SOMA INDI NKURU IRYOSHYE YITWA “LOVE CRIME”… sura urubuga www.rubay.rw

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW