Kamonyi/Runda: Abashinzwe iterambere ry’Umudugudu barashinjwa gusaba no kwakira indonke

webmaster webmaster
Dusengumukiza Aloyis na Ntakirutimana Arcade bagize Komite ishinzwe Iterambere ry’Umudugudu wa Nyagacyamu, Akagari ka Muganza mu Murenge wa Runda bakurikiranywe  gusaba no kwakira indonke kuri rwiyemezamirimo.
Muri site y’Umudugudu wa Nyagacyamu batunganirijwe umuhanda begerezwa n’amazi

Muri uyu Murenge, abaturage bishyiriyeho site z’imidugudu aho buri rugo  rwishakamo ibihumbi 250 by’amafaranga y’uRwanda bashyiraho na komite y’abantu 3 ishinzwe Iterambere n’imicungire y’ayo mafaranga.

Hakizimana Jean Rwiyemezamirimo wahawe isoko ryo kwegereza amazi abatuye muri uyu  mudugudu wa Nyagacyamu, avuga ko yarangije imirimo agiye kwishyurwa, Dusengumukiza Aloyis na Ntakirutimana Arcade bamusaba ko abaha ruswa ya miliyoni muri miliyoni zirenga 5 bari bamubereyemo.

Hakizimana avuga ko abonye ko bamunanije yiyambaje Inzego z’ubugenzacyaha abizeza ko ayabaha babafatira mu cyuho.

Yagize ati ”Abakozi ba RIB baraje abo bagabo bababeshya ko nabishyuraga ayo bangurije. ”

Gusa akavuga ko ibyo bavuga ari amatakirangoyi kuko nta kimenyetso bagaragaza, agahamya ko hari abandi bagenzi be bagiye bananiza kubera iyo mpamvu yo gushaka indonke.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda Mwizerwa Rafiki avuga ko mu makuru afite yemeza ko abo bagabo bombi bakuriye komite babasanganye ayo mafaranga.

Mwizerwa akavuga ko  aho ibikorwaremezo bimaze kugera usanga hafite isura y’Umujyi ko hatagombye kuba imbogamizi zisubiza inyuma iyo gahunda y’imiturire abaturage bishyiriyeho.

Ati ”Dufite site 9 z’imiturire muri uyu Murenge wa Runda, twasabye ba  rwiyemezamirimo ko bagomba kujya batwiyambaza iyo abagize komite bashatse kubananiza.”

Umuyobozi w’ishami ry’ibikorwaremezo ubutaka n’imiturire mu Karere ka Kamonyi Ukwishaka Abraham Wilius avuga ko batunguwe no kumva hari bamwe mu bagize komite, bakekwaho kwaka ruswa rwiyemezamirimo, kuko bitari bikunze kubaho.

- Advertisement -

Yagize ati ”Ubusanzwe iyo gahunda y’imiturire no kwishyura ba rwiyemezamirimo yagendaga neza ibyabaye byadutunguye.”

Kuri ubu Dusengumukiza Aloyis na Ntakirutimana Arcade bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gacurabwenge, mu Karere ka Kamonyi. Dosiye igeze mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga.
Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Kamonyi