Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amahanga

UPDATED: Abarenga 1000 bishwe n’umutingito wabereye muri Afghanistan

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/06/22 1:56 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

UPDATED: Umutungito ukomeye wabaye muri Afghanistan, hamaze kubarurwa abantu 1000 wahitanye. Iyi mibare BBC dukesha iyi nkuru yayibwiwe na Leta y’aba Taliban.

Inzu zibarirwa mu magana zasenyutse

Amafoto agaragaza inkangu ndetse n’inzu zasenyutse zigwa ku bantu mu Ntara ya Paktika iri mu Burasirazuba bwa kiriya gihugu.

Related posts

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

2022/07/06 11:39 PM
Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM

Hibatullah Akhundzada, Umuyobozi w’umu-Taliban avuga ko inzu amagana zasenyutse ndetse bikaba bishobora kongera imibare y’abahitanywe n’umutingito.

Ukuriye itumanaho mu Ntara ya Paktika witwa Mohammad Amin Hazifi, yabwiye BBC ko abantu 1000 babaruwe mu bapfuye, abanda 1,500 bakomeretse.

Itsinda ry’abatabazi rikomeje gushakisha ababa bakiri bazima cyangwa abapfuye bagwiriwe n’ibinonko by’inzu zasenyutse.

 

INKURU YABANJE: Umutingito ukabije wari ku kigero cya 6.1 wibasiye uburasirazuba bwa Afghanistan uhitana abasaga 300 abandi 600 barakomereka.

Afghanistan abantu 280 bishwe n’umutingito

Ni umutingito wibasiye iki gihugu mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu,tariki 22 Kamena 2022, aho wibasiye cyane mu birometero 44km uvuye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’Umujyi wa Khost mu Ntara ya Paktika.

Amakuru atangwa n’ibiro ntaramakuru bya Afghanistan Bakhtar News Agency avuga ko uyu mutingito wasenye amazu atari make ndetse n’inkomere zirenga 600.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Afghanistan, Bilal Karimi mu butumwa yanyujije kuri Twitter yagize ati “Mu ijoro ryacyeye umutingito wibasiye uturere tune tw’Intara ya Paktika, wishe abantu abandi amagana bakomeretse ndetse wasenye n’amazu atari make.”

Nyuma y’uko uyu mutingito ubaye ubutabazi bw’ibanze bugizwe n’imiti n’ibiribwa bwahise bwoherezwa muri iyi ntara kugirango barengere aba baturage, imibare y’abahasize ubuzima n’abakomereka ishobora kwiyongera kuko hakiri abagishakishwa.

Amakuru atangwa n’ikigo cya European Mediterranean Seismological Centre avuga ko uyu mutingito wanageze mu bindi bice bya Pakistan n’Ubuhinde ndetse n’umurwa mukuru Kabul wa Afaghanistan nubwo ho nta mibare y’’abagizweho ingaruka n’uyu mutingito.

Mu myaka 10 ishize abantu barenga 7,000 bamaze kwica n’umutingito muri Afaghanistan, byibura buri mwaka abantu 560 bicwa n’umutingito nk’ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe ubutabazi bubigaragaza.

Uyu mutingito wibasiye Afghanistan mu gihe iki gihugu kitorohewe n’ibibazo by’ubukungu biterwa n’intambara.

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Perezida Kagame yahaye ikaze mu Rwanda Igikomangama Charles n’umugore we Camilla

Inkuru ikurikira

Ikigo FDA cyahagaritse Uruganda rwa JIBU rukora amazi yo kunywa

Inkuru ikurikira
Ikigo FDA cyahagaritse Uruganda rwa JIBU rukora amazi yo kunywa

Ikigo FDA cyahagaritse Uruganda rwa JIBU rukora amazi yo kunywa

Inkuru zikunzwe

  • Gakenke: Gitifu yatawe muri yombi akekwa gusambanya umunyeshuri

    Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • US: Abapolisi bahuye n’akaga bagiye gufata umugabo witwaje intwaro

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umwuzukuru wa Perezida Kagame yagaragaye amuha “Bisous” ubwo yari kuri televiziyo-VIDEO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

2022/07/06 11:39 PM
KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

2022/07/06 10:20 PM
Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010