Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Ikigo FDA cyahagaritse Uruganda rwa JIBU rukora amazi yo kunywa

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/06/22 2:36 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Ikigo Gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda, Rwanda FDA cyahagaritse  amazi akorwa n’uruganda rwa Jibu ruherereye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe, Akagari ka Kabeza mu Mujyi wa Kigali.

Ikigo Rwanda FDA kivuga ko Jibu isabwe gukura amazi yayo ku isoko ryo mu Rwanda kugera igihe izahabwa ubundi burenganzira

FDA yatangaje ko  ikurikije ubugenzuzi bwakoze mu ku wa 8 Kamena 2022, n’ibipimo byafashwe isanga aya mazi ataujuje ubuziranenge.

Related posts

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM

Ikigo Gishinzwe Kugenzura ibiribwa n’imiti, Rwanda FDA cyandikiye ubuyobozi bwa sosoyete CCHAF Jibu Franchise Ltd, kibamenyesha ko ibizamini byerekanye ko amazi batunganya atujuje ubuziranenge.

Rwanda FDA yagize iti “Dushingiye ku bisubizo byavuye mu bizamini byafashwe ku ruganda rwanyu ruherereye mu Murenge wa Kanombe, mu Kagari ka Kabeza, bigaragaza ko bitujuje ubuziranenge bwagenwe.”

Itangazo rirakomeza riti “Kuri iyi mpamvu musabwe guhita mufunga urwo ruganda kandi ntabwo mwemerewe gukora cyangwa gushyira ku isoko ibicuruzwa byanyu mutarongera kubyemererwa na Rwanda FDA.”

Jibu yatangiye ibikorwa byayo mu Rwanda  mu 2012, aho yibanda mu gutunganya amazi ikoresheje ikoranabuhanga ryo kuyayungurura.

Ubusanzwe JIBU isanzwe ifite icyangombwa cy’ubuziranenge yahawe n’Ikigo cyibishinzwe cya RSB, ndetse n’Ikigo cy’Igihugu kigenzura ibiribwa n’imiti Rwanda FDA.

Uruganda Jibu Rwanda rwavuze ko ikibazo kitari ku mazi yose.

Kuri Twitter rwanditse ko “Jibu inejejwe no kubamenyesha ko iki atari ikibazo rusange kandi turimo kugishakira umuti dufatanyije n’inzego zibishinzwe, turizeza abakiriya bacu ko amazi ya Jibu ajya ku isoko yujuje ubuziranenge.”

Isanzwe ikorera mu bihugu birimo Kenya, Tanzania, Uganda, Kenya, Burundi, Zambia, na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

UPDATED: Abarenga 1000 bishwe n’umutingito wabereye muri Afghanistan

Inkuru ikurikira

Bugesera: Igikomangoma Charles yasuye Umudugudu w’Ubumwe n’Ubwiyunge

Inkuru ikurikira
Bugesera: Igikomangoma Charles yasuye Umudugudu w’Ubumwe n’Ubwiyunge

Bugesera: Igikomangoma Charles yasuye Umudugudu w’Ubumwe n’Ubwiyunge

Inkuru zikunzwe

  • Gakenke: Gitifu yatawe muri yombi akekwa gusambanya umunyeshuri

    Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • US: Abapolisi bahuye n’akaga bagiye gufata umugabo witwaje intwaro

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umwuzukuru wa Perezida Kagame yagaragaye amuha “Bisous” ubwo yari kuri televiziyo-VIDEO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

2022/07/06 11:39 PM
KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

2022/07/06 10:20 PM
Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010