Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

U Rwanda rwasabye ko MONUSCO ihagarika gukorana n’igisirikare cya Leta ya Congo

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/06/30 3:53 AM
A A
1
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Mu Nama y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro ku Isi yateranye kuri uyu wa Gatatu yiga ku bibazo bya Politiki n’umutekano muke muri RDC, Ambasaderi Uhoraho w’u Rwanda muri UN, Claver Gatete, yamaganye ibirego RD.Congo ishinja u Rwanda, ndetse asaba UN gusaba MONUSCO kureka gukorana n’igisirikare cya Leta ya Congo kuko gifatanya na FDLR.

Amb. Gatete Claver mu nama y’Akanama ka UN gashinzwe Umutekano

Amb. Gatete yashimangiye ko u Rwanda rudafite inyunngu n’imwe yo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo ubwabo, yibutsa Leta ya RDC kugana inzego zishinzwe gukora iperereza no kugaragaza ukuri zirimo Urwego rw’Akarere k’Ibiyaga Bigari rushinzwe Kugenzura ibibazo byabereye ku mipaka (EJVM) aho guhora ishinja u Rwanda.

Related posts

Ruhango:  Umugabo arakekwaho kwica umugore wari uje kumwaka amafaranga ya Mituweli

Ruhango:  Umugabo arakekwaho kwica umugore wari uje kumwaka amafaranga ya Mituweli

2022/08/17 9:42 PM
Rwanda: Mu gihe kitageze ku myaka ibiri ibyamamare bine bimaze kwitaba Imana

Rwanda: Mu gihe kitageze ku myaka ibiri ibyamamare bine bimaze kwitaba Imana

2022/08/17 2:56 PM

Yavuze ko muri Congo hari imitwe y’inyeshyamba irenga 140, harimo na FDLR igizwe na bamwe mu bakoze Jenoside mu Rwanda mu 1994, ariko ibitero bishya by’inyeshyamba za M23 ngo byahise bihisha ibyo byose.

Amb. Gatete yavuze ko u Rwanda rushyigikiye imyanzuro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu iheruka kubera i Nairobi yananzuye ko muri DR.Congo hoherezwa ingabo z’Akarere zizarwanya imitwe yose yitwaje intwaro ihakorera.

Yamaganye ibirego bya Congo ndetse byanashinjwe u Rwanda muri iyi nama ya UN.

Gatete ati: “Turasaba ko habaho umuti mwiza kandi urambye ku makimbirane yo muri Congo, kugira ngo hatazongera kubaho amahano (Jenoside) mu Karere k’Ibiyaga Bigari.”

Ku Birego bya DRC ku Rwanda, Ambasaderi Gatete yavuze ko “ari ibirego bidafite ishingiro” ariko bikaba bigira ingaruka zo kubiba amagambo y’urwango, no kwibasira abantu bamwe mu batuye Congo.

Ati “Murabizi Abayobozi mu nzego za Leta no mu buyobozi bw’Ingabo bashinja u Rwanda gufasha M23 ndakeka ko no mu kanya mwabyumvise, ibi ni ibirego bidafite ishingiro, kandi ikibazo ni uko ayo ari amagambo, hari urwego rugenzura ikirego icyo ari cyo cyose (Expanded Joint Verification Mechanisms, EJVM) ku gihugu icyo ari cyo cyose, uru rwego ntirwiyambajwe ariko twumva ayo magambo. Igihe haba hari ikirego icyo ari byose gikwiye gushyikirizwa ruriya rwego nzenzuzi kugira ngo habe iperereza ryigenga ariko ibyo DR.Congo ntabyo irakora.”

Gatete yavuze ko ibibazo by’inyeshyamba muri Congo bikwiye gukemurwa binyuze mu bwumvikane bwa politiki aho guhora mu birego ku bindi bihugu.

U Rwanda rwanabwiye UN ko rwamagana imvugo ya Leta ya Congo yo kuvuga ko ibihugu by’Akarere bishaka gucamo ibice igihugu cyabo, ayo magambo ngo arababaje, ndetse nta bimenyesto afitiwe uretse kuba DR.Congo igamije guhunga ibibazo byayo igamije kubyegeza ku bindi bihugu.

Ambasaderi Gatete yabwiye UN ko mu minsi ishize ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru hakwirakwiye amagambo y’urwango ku Banyekongo bafite inkomoko mu Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange, akavuga koi bi bintu bigamije gucamo ibice abaturage ba Congo kandi bishobora kugira ingaruka mbi ku bibazo bihari.

Yavuze ko gukangisha abaturage Kubica bishobora gutuma bajya mu mitwe yitwaje intwaro kandi bikaremereza ikibazo kurushaho.

U Rwanda rwamenyeshe UN ko rufite amakuru nyayo ko ingabo za Congo, FARDC zirwanya M23 zifatanyije n’inyeshyamba za FDLR, kandi izi nyeshyamba zarafatiwe ibihano mu mwaka wa 2014.

Ati “FARDC ikwiye kwirinda kugirana ubufatanye n’imitwe yitwaje intwaro yafatiwe n’ibihano mu kurwanya indi mitwe yitwaje intwaro. Nta musaruro bitanga kandi binyuranye n’ubushake bw’Akarere na UN bwo gushakira ituze uburasirazuba bwa Congo. Ubu bufatanye bunashyira MONUSCO mu bihe bigoye. Kubera ko gufasha FARDC kandi irwana ifatanyije na FDLR, bisa no gufasha umutwe wakoze Jenoside, turasaba Akanama k’UMUTEKANO kwamagana ubu bufatanye no gusaba MONUSCO mu nshingano zayo kutagira ubufatanye igirana na FARDC igihe ikorana n’imitwe yitwaje intwaro.”

U Rwanda rwabwiye UN ko rushyigikiye imbaraga z’Akarere ka Africa y’iburasirazuba, ndetse n’ubushake bwa Angola mu gushakira ibisubizo ibibazo biri muri Congo.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Musanze: Abana basuye bagenzi babo barembeye mu Bitaro

Inkuru ikurikira

Rulindo: Umugore yicanwe n’abana be babiri umwe yari afite imyaka 3

Inkuru ikurikira
Rulindo: Umugore yicanwe n’abana be babiri umwe yari afite imyaka 3

Rulindo: Umugore yicanwe n’abana be babiri umwe yari afite imyaka 3

Ibitekerezo 1

  1. Pingback: U Rwanda rwasabye ko MONUSCO ihagarika gukorana n’igisirikare cya Leta ya Congo  – C5 News

Inkuru zikunzwe

  • Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • AS Kigali yasubije Lt Gen Mubarakh Muganga

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Sandra Teta n’abana yabyaranye na Weasel bazanwe mu Rwanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • IBUKA yagiriye inama Past Kalisa urega mugenzi we gutanga ikirego muri RIB

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Padiri Muzungu uzwi cyane nk’Umwanditsi w’ibitabo yatabarutse ku myaka 90

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Ruhango:  Umugabo arakekwaho kwica umugore wari uje kumwaka amafaranga ya Mituweli

Ruhango:  Umugabo arakekwaho kwica umugore wari uje kumwaka amafaranga ya Mituweli

2022/08/17 9:42 PM
Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania yasuye AS Kigali WFC

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania yasuye AS Kigali WFC

2022/08/17 3:01 PM
Rwanda: Mu gihe kitageze ku myaka ibiri ibyamamare bine bimaze kwitaba Imana

Rwanda: Mu gihe kitageze ku myaka ibiri ibyamamare bine bimaze kwitaba Imana

2022/08/17 2:56 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010