Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: EXCLUSIVE: Ku marozi avugwa mu mupira w’amaguru, Perezida wa As Kigali afite uko abibona
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

EXCLUSIVE: Ku marozi avugwa mu mupira w’amaguru, Perezida wa As Kigali afite uko abibona

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana 11/07/2022 11:56
Shema Fabrice uyoboye As Kigali yanatwaye ibikombe bitatu

Mu kiganiro cy’umwihariko Perezida wa As Kigali Shema Fabrice yagiranye na UMUSEKE yavuze icyo atekereza ku marozi avugwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda, avuga ko mu ikipe ayobora yasabye ko bicika burundu.

Shema Fabrice uyoboye As Kigali yanatwaye ibikombe bitatu

Shema Fabrice w’imyaka 44 y’amavuko amaze imyaka 3 ayobora iyi kipe y’abanyamujyi, mu kiganiro cyihariye yagiranye na UMUSEKE mu mpera z’icyumweru gishize, yavuze ko we by’umwihariko n’ubwo amaze igihe yumva inkuru z’ikoreshwa ry’amarozi, we abona ntacyo yahindura ku musaruro uva mu mikino

Muri iyi kipe, asobanura ko yigeze kwihanangiriza abakinnyi bayo ndetse n’abatoza, ababuza kuyakoresha no kubigerageza, kuko n’ubundi ngo ntacyo byabafasha.

Yagize ati: “Njyewe ubwanjye simbyemera ariko kuba narabyumvise byo narabyumvise.”

Ku mukino wa kabiri akiyobora As Kigali, Shema ngo yegereye abakinnyi bose n’abatoza, arabicaza abihanangiriza kuba bajya mu byo kurogesha, dore ko ngo bitwara n’amafaranga…

Shema yavuze kuri Rugwiro wavuzweho biriya akiri muri Rayon. Mu Ukuboza 2019 Rugwiro Herve ukinira As Kigali ubu, ubwo yari umukinnyi wa Rayon Sports yafatiwe ku mupaka w’u Rwanda i Rubavu acyekwaho gukora no gukoresha impapuro mpimbano akambuka umupaka mu buryo bunyuranije n’amategeko, icyo gihe byavuzwe ko yari yagiye i Goma gushaka umupfumu wari gufasha Rayon Sports gutsinda APR FC.

Yagize ati: “Arabizi na we, iwacu ntababikora, iwacu ni ikintu twaciye burundu. Umuntu atsinda kuko yakoze, atsinda kuko yashyizemo ‘détermination’ (ubushake), atsinda kuko yashyizemo discipline (ikinyabupfura).”

Shema abona abakinnyi n’abatoza badakwiye gushukwa n’umuntu uwo ari we wese, akabasaba amafaranga abizeza intsinzi.

Ngo mu gihe imbaraga z’amarozi zaba zikora, amakipe y’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika aba yegukana irushanwa ry’igikombe cy’Isi mu gihe cyose riba ryabaye.

- Advertisement -

Ati: “Kuko bibaho, Afurika iba itwara igikombe cy’Isi buri myaka ine.”

Ariko ngo amarozi yo muri Afurika ntacyo yafashije aya makipe, kuko n’iyagerageje kugera kure ari Ghana na Senegal zageze muri kimwe cya kane cy’irushanwa ry’Igikombe cy’Isi.

Amakipe ya A.S Kigali yitwaye neza mu mwaka w’imikino ushize, kuko iy’abagabo yatwaye igikombe cy’amahoro, iy’abagore itwara icya shampiyona n’icy’amahoro.

Mu gihe Shema amaze ayobora A.S Kigali y’abagabo, imaze gutwara ibikombe bitatu: icy’amahoro cya 2019 na 2022 na Super Cup cya 2019.

Abona ko intwaro yatumye bagera kuri iyi ntsinzi ari umurava n’ikinyabupfura; bizira amarozi.

Muri Shampiyona y’u Rwanda hakunze kumvikanamo amarozi aba avugwa ko hari bamwe mu bakinnyi batawuhamya batabanje kujya gushaka abaganga bari bubabwire ko batsinda ibitego, ibyo bigatwara ikiguzi umukinnyi, ndetse hari n’abo byavuzwe ko baroga bagenzi babo.

As Kigali iherutse gutwara APR FC igikombe cy’Amahoro

 

Perezida wa A.S Kigali avuga iki ku bibazo bivugwa muri FERWAFA?

Mu mupira w’amaguru wo mu Rwanda haravugwa ibibazo hagati ya Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’uyu mukino, FERWAFA.

Ni nyuma y’aho Umunyamabanga Mukuru w’iri shyirahamwe, Muhire Henry ahagaritswe by’agateganyo, agasubizwa mu nshingano mu gihe agikurikiranwe n’urwego rw’Ubugenzacyaha ku byerekeye amakosa avugwa yakoze.

Hari  amakuru avugwa ko Muhire yasubijwe mu nshingano hashingiwe ku ibwiriza rya Minisiteri ya Siporo, ariko Umuyobozi wa FERWAFA ntiyabyishimiye, ndetse bivugwa ko byaba byaratumye ashaka kwegura.

Abajijwe niba hari ingaruka abona byagira kuri A.S Kigali nk’ikipe izahagararira igihugu mu irushanwa nyafurika rya CAF Confederations Cup, Shema yasubije ko ntazo kuko ingengo y’imari yayo idaturuka muri FERWAFA.

Shema abajijwe niba nta ngaruka byagira mu gihe Umuyobozi wa FERWAFA yaba yeguye, yasubije ko abona uru rwego rudashingiye ku muntu ku giti cye ku buryo rwahungabana. Ariko ngo aramwifuriza kuguma mu nshingano, abanda bakamufasha akazi.

Shampiyona y’umupira w’amaguru uyu mwaka yegukanywe na APR FC – As Kigali yegukana igikombe cy’amahoro.

Umukinnyi wa As Kigali wese ngo abwirwa ko adakwiye kwizera amarozi

AMAFOTO: NKUNDINEZA@2022

JEAN PAUL  NKUNDINEZA
UMUSEKE.RW

You Might Also Like

League yateye utwatsi RBA ishaka kwerekana shampiyona

Eden Care yatangije uburyo bw’ubuvuzi bwifashisha murandasi

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball

Ange Eric Hatangimana 11/07/2022 12:09 11/07/2022 11:56
Inkuru ibanza Jimmy wahoze muri Just Family yarongoye
Inkuru ikurikira Nyanza: Intwaza yagorwaga no kubona amazi meza yahawe ivomo
- Advertisement -

Amakuru aheruka

League yateye utwatsi RBA ishaka kwerekana shampiyona
Imikino Inkuru Nyamukuru
Eden Care yatangije uburyo bw’ubuvuzi bwifashisha murandasi
Inkuru Nyamukuru Ubuzima
Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

League yateye utwatsi RBA ishaka kwerekana shampiyona
22/09/2023 7:36

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?