Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Musanze: Bariga uko ikoranabuhanga ryabafasha kumenya ahagiye kuba inkangu no kuzirinda

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/07/14 10:20 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Mu Karere ka Musanze mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro, IPRC Musanze, hatangijwe amahugurwa azigirwamo ibijyanye n’imikoreshereze y’ikoranabuhanga rishobora gutanga amakuru mu gace gashobora kwibasirwa n’ibiza by’inkangu n’uburyo bw’icyakorwa ngo bikumirwe mbere y’uko biba cyangwa mu gihe byabaye.

Ikoranabuhanga mu kurwanya inkangu rizigishwa kugera ku muturage wo hasi

Ni amahugurwa yateguwe ku bufatanye na Kaminuza yo mu Butariyani PARMA n’Ikigo cya Leta gishinzwe amazi n’umutungo kamere, ahuriramo abagera kuri 60 bagizwe n’abahanga mu by’inkangu, mu mikoreshereze y’ubutaka baturutse mu Turere twose tw’igihugu.

Abaturutse mu bigo bya Leta bigize aho bihurira n’imicungire n’imikorehereze y’ubutaka, amahugurwa bahabwa akaba agamije kubungura ubumenyi mu guhangana n’ibiza by’inkangu.

Umwarimu akaba n’umushakashatsi muri Rwanda Polytechnic ishami rya Musanze, Uwera Clautirde, avuga ko ubumenyi bazakura muri aya mahugurwa bazabwifashisha mu masomo batanga, abanyeshuri bakamenya uruhare rwabo n’icyo bafasha abaturage mu kurwanya inkangu.

Kwamamaza

Yagize ati “Muri aya mahugurwa tuziga uburyo bw’ikoranabuhanga rizahurizwamo amakuru y’ubutaka mu bice by’ubuhaname n’ibikunze kwibasirwa n’inkangu mu Rwanda, ajyanishwe n’imvura igwa muri ako gace ayo makuru adufashe kumenya ahashobora kwibasirwa n’inkangu, hafatwe ingamba zo kuyikumira n’icyakorwa mu gihe yabaye, tuzabyigisha mu mashuri abanyeshuri bamenye uruhare rwabo mu gukumira inkangu banabyigishe abaturage.”

Abaturutse muri Kaminuza zo ku mugabane w’u Burayi bari mu basangije ubumenyi Abanyarwanda mu kurwanya inkangu

Umukozi w’Akarere ka Kayonza ushinzwe ibijyanye no gutanga impushya zo kubaka, Dushime Elicienne, na we avuga ko aya mahugurwa ari ingenzi kuko azabungura ubumenyi bwo kwirinda inkangu, kuko zangiza ibikorwaremezo bidasize ubuzima bw’abaturage.

Yagize ati “Mu gihe cy’imvura hari ibice byinshi mu Rwanda byibasirwa n’inkangu, ibikorwaremezo byinshi bikangirika n’ubuzima bw’abantu bukahagendera, uyu ni umwanya wo kwiga tukamenya ahashobora kwibasirwa n’inkangu tukazikumira zitaraba, n’abaturage babigireho ubumenyi dufatanyirize hamwe kurwanya izo nkangu.”

Umuyobozi mukuru w’ishuri rikuru ry’ubumenyingiro IPRC Musanze, Eng.Abayisenge Emille avuga ko aya mahugurwa mu kurwanya inkangu, agamije gufasha abantu kugira ubumenyi buhagije ku ikoranabuhanga ryifashishwa mu gupima bakamenya ahashobora kuba inkangu n’uburyo bwo kuzirinda.

Yagize ati “Uyu mushinga wo kwiga ku bijyanye n’inkangu uburyo bwo kuzirinda n’icyakorwa igihe zabaye, wateguwe ku bufatanye n’ishuri ryo mu Butariyani PARMA  n’Ikigo cya Leta gishinzwe amazi n’umutungo kamere, bigamije gufasha abantu kugira ubumenyi ku ikoranabuhanga rya sofutiweya (Software) mu gupima bakamenya ahashobora kwibasirwa n’inkangu n’uko babyitwaramo igihe byabaye, ni ubumenyi buzagera no ku muturage ari yo mpamvu twatumiye abahanga mu by’ubutaka baturutse mu Turere twose tw’u Rwanda.”

Uyu mushinga uhuriyemo Kaminuza eshatu zo ku mugabane w’u Burayi arizo kaminuza ya PARMA yo mu Butariyani, iyo mu Budage n’iyo mu Bubirigi ndetse na kaminuza enye zo mu Rwanda IPRC Musanze, Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Busogo, Ines Ruhengeri na UTAB Byumba, amahugurwa bakazayahabwa mu gihe kingana n’icyumweru, uhereye ku wa 12 Nyakanga, 2022.

Abaturutse muri Kaminuza zo ku mugabane w’u Burayi bari mu basangije ubumenyi Abanyarwanda mu kurwanya inkangu

Nyirandikubwimana Janviere

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Kamonyi: Umugabo ashinja bagenzi be “kumukuraho igitsina” ntibahanwa

Inkuru ikurikira

Farouk Ruhinda Saifi yabuze ayo acira n’ayo amira

Izo bjyanyeInkuru

UPDATE: M23 yafashe Kitshanga, ingabo za Congo “ngo ntizarwanira ahari abaturage”

UPDATE: M23 yafashe Kitshanga, ingabo za Congo “ngo ntizarwanira ahari abaturage”

2023/01/26 8:57 PM
“Uko bazaza niko bazakirwa”, Minisitiri Biruta avuga igihe Congo yatera u Rwanda

“Uko bazaza niko bazakirwa”, Minisitiri Biruta avuga igihe Congo yatera u Rwanda

2023/01/26 7:38 PM
Nyamasheke: Ababyeyi bimwe imfashabere bari mu gihirahiro

Nyamasheke: Ababyeyi bimwe imfashabere bari mu gihirahiro

2023/01/26 5:30 PM
Congo ihakana kwikura mu biganiro byari kuyihuza n’u Rwanda muri Qatar

Congo ihakana kwikura mu biganiro byari kuyihuza n’u Rwanda muri Qatar

2023/01/26 4:17 PM
 Impinduka zitezwe ku murimo mu isi nshya y’ikoranabuhanga, ibyorezo n’imihindagurikire y’ibihe

 Impinduka zitezwe ku murimo mu isi nshya y’ikoranabuhanga, ibyorezo n’imihindagurikire y’ibihe

2023/01/26 12:36 PM
Ngoma: Barasaba irimbi  bakaruhuka gushyingura  ku rutare   

Ngoma: Barasaba irimbi  bakaruhuka gushyingura  ku rutare  

2023/01/26 8:14 AM
Inkuru ikurikira
Farouk Ruhinda Saifi yabuze ayo acira n’ayo amira

Farouk Ruhinda Saifi yabuze ayo acira n'ayo amira

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

UPDATE: M23 yafashe Kitshanga, ingabo za Congo “ngo ntizarwanira ahari abaturage”

UPDATE: M23 yafashe Kitshanga, ingabo za Congo “ngo ntizarwanira ahari abaturage”

2023/01/26 8:57 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010