Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Kamonyi: Umugabo ashinja bagenzi be “kumukuraho igitsina” ntibahanwa

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/07/14 9:23 AM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Nyandwi wo mu Murenge wa Nyarubaka, mu Karere ka Kamonyi, arasaba ubutabera nyuma y’aho akaswe igitsina n’abagabo bivugwa ko basangiraga, ariko kugeza ubu bakaba batarahanwa.

Ibiro by’Akarere ka Kamonyi

Asobanurira umunyamakuru wa Radio/TV1, yavuze ko ibi byabaye muri Kamena uyu mwaka, nibwo yaje gutegerwa iwe n’abagabo bari bavanye mu kabari, maze bamukata igitsina hafi yo kukivanaho burundu, bamubwira ko yabatwaye telefoni.

Related posts

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

2022/08/17 2:39 PM
Rutsiro FC yabonye umuyobozi mushya

Rutsiro FC yabonye umuyobozi mushya

2022/08/17 1:25 PM

Yagize ati ”Nagiye mu kabari, mpasanga abandi bagabo, tunywa inzoga. Tumaze kuzinywa, baravuga ngo inzoga ishizemo, twari abantu batandatu, ntashye, birantangaza gusanga abantu  mu rugo bahantegeye, baba baranyatatse.”

Ngo bamukubitaga bamubwira ngo “Tubuze telefoni, utaduhaye telefoni yacu turakwica.”

Nibwo umwe ngo yamufashe ukuguru, undi afata ukundi, ukuboko, undi ukundi batangira kumugirira nabi.

Ati “Bamfuka umunwa, navugije induru kabiri, mu kuvuza indura bagapfuka umunwa. Bari bafite icyuma, barangije bankata igitsina.”

Nyuma y’aho aho bagizi ba nabi bamukase igitsina, baje gutabwa muri yombi ariko baza kurekurwa.

Bamwe mu baturanyi be na bo basanga ari ugushinyagurirwa ku kuba yarabuze urugingo rukomeye kandi ntahabwe ubutabera.

Umwe yagize ati “Biriya birutwa no kuba baramwishe akavaho. Ariko niba binabaye uko, ese niba tuzi ko Leta yacu ari umubyeyi, hakaba hakiri abantu babasha gukora ibintu bimeze kuriya, barangiza bakaza bakidegembya ngo twatashye, bakajya gukina ku mubyimba ku muntu baba baragize kuriya.”

Undi na we ati “Hariya ku gutsina niho hagize umuntu w’umugabo, nibwo buzima bwe. Urumva ko bamuhemukiye. Kugira ngo bamuhemukire kuriya kandi  banafungurwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarubaka, Nyiramana Gaudence, avuga ko  inzego z’ubutabera zakoze akazi kazo ariko bigaragaye ko abo bagabo nyuma yo kurekurwa baje gukomeza gutoteza uwo bahemukiye bashobora kongera gukuriranwa.

Yagize ati “Abantu baramutangiriye koko bamukorera urugomo, baranamukomeretsa, hanyuma ababikoze twarabafashe, tubashyikiriza inzego z’umutekano, RIB sistasiyo ya Musambira, barakurikiranwa ndetse barafungwa.

Iyo umuntu yashyikirijwe inzego z’Ubugenzacyaha, zikurikirana amakosa yakoze, iyo bibaye ngombwa arakatirwa igifungo bitewe n’uburemere bw’icyaha, ashobora kuba yafungurwa agakurikiranwa ari hannze.”

Yakomeje ati “Haramutse  hari ikibazo cy’uko hari abamwishima hejuru y’uko mu butabera nta cyakozwe, habaho  kongera kubafata, bakanaryozwa ibyo bari gukora  byo kwishima hejuru kandi baramwangije.”

Uyu mugabo wangijwe imyanya y’ibanga ye  nta cyizere afite ko yakongera kuzuza inshingano z’umugabo  akifuza  ko yavuzwa ndetse agahabwa n’ubutabera.

Yabwiwe n’abaganga ko ashobora kutazakira mu gihe yaba atabonye ubushobozi bwo kwivuza, agasaba abagiraneza kumufasha.

IVOMO: Radio/TV 1

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Gasogi yifurije amahirwe Nkubana Marc werekeje muri Police

Inkuru ikurikira

Musanze: Bariga uko ikoranabuhanga ryabafasha kumenya ahagiye kuba inkangu no kuzirinda

Inkuru ikurikira
Musanze: Bariga uko ikoranabuhanga ryabafasha kumenya ahagiye kuba inkangu no kuzirinda

Musanze: Bariga uko ikoranabuhanga ryabafasha kumenya ahagiye kuba inkangu no kuzirinda

Inkuru zikunzwe

  • Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • AS Kigali yasubije Lt Gen Mubarakh Muganga

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Sandra Teta n’abana yabyaranye na Weasel bazanwe mu Rwanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • IBUKA yagiriye inama Past Kalisa urega mugenzi we gutanga ikirego muri RIB

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Padiri Muzungu uzwi cyane nk’Umwanditsi w’ibitabo yatabarutse ku myaka 90

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

2022/08/17 2:39 PM
Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania yasuye AS Kigali WFC

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania yasuye AS Kigali WFC

2022/08/17 1:35 PM
Rutsiro FC yabonye umuyobozi mushya

Rutsiro FC yabonye umuyobozi mushya

2022/08/17 1:25 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010