Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Abaturage b’ i Nyamiyaga biguriye imodoka y’umutekano biyemeza guhangana n’abawuhungabanya

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/08/06 10:54 AM
A A
1
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

KAMONYI: Abaturage bo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi, nyuma yo kwishakamo ubushobozi bakigurira imodoka y’Umutekano, baratangaza ko igiye kubunganira muri gahunda yo kwibungabungira umutekano, no kujya bayifashisha kugira ngo abawuhungabanya bashyikirizwe byihuse inzego z’ubutabera.

Imodoka y’umutekano yaguzwe n’abaturage b’i Nyamiyaga nk’umusaruro wo kwigira

Mu kwizihiza umunsi w’Umuganura ku rwego rw’Akarere mu Murenge wa Nyamiyaga, hatashywe ku mugaragaro imodoka y’umutekano yaguzwe n’abaturage b’i Nyamiyaga nk’umusaruro wo kwigira.

Related posts

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

2022/08/17 8:03 AM
RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

2022/08/17 3:08 AM

Bayigezeho mu gihe cy’amezi atatu, igitekerezo cyo kuyigura cyavuye mu rugendo shuri rwo gusura amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu bakoreye ku Mulindi w’Intwari.

Abaturage bavuga ko bayibonye bari bayibabaye, bityo ngo ni igisubizo ku guca intege abakora ubujura, urugomo n’ibindi bikorwa bibahungabanyiriza umutekano.

Mukandahiro Rosine wo mu Mudugudu wa Nyamiyaga Akagari ka Kidahwe, yagize ati “Ibibazo twahuraga na byo ni byinshi cyane, tugatekereza ko imodoka nk’iyi hari icyo yatwunganira. Hari nk’ubwo umuntu yahohoteraga mugenzi we amukoreye nk’urugomo, abajura cyangwa undi muntu wese wabaga afatiwe mu bikorwa bihungabanya umutekano, tukabura uburyo bwo kubageza byihuse kuri Polisi, kubera kutagira imodoka twifashisha mu buryo bwihuse.”

Habinshuti Utarunambiye, na we yemeza ko bagiraga imbogamizi zo kutabona ubutabazi bwihuse mu gihe hari abahungabanyije umutekano.

Yagize ati “Hari ubwo twabaga twafashe abateje umutekano mucye, twahamagara imodoka ya Polisi ikabura, bigasaba gutegereza. Kenshi abateje umutekano mucye twabaga twafashe, habaga harimo n’abaturusha ingufu, hakaba ubwo baturwanyije, bakaducika kubera ko ubutabazi bw’imodoka bwabaga bwaturutse kure.”

Akomeza avuga ko “Basaba ko iyi modoka yazabafasha kandi mu kugeza umurwayi utishoboye kwa muganga atari ukwikorera ibisambo no kugendwamo n’abayobozi gusa.”

Mu byaha bihungabanya umutekano bikunze kugaragara mu Murenge wa Nyamiyaga, ubujura cyane cyane ubw’amatungo, ubusinzi, urugomo rushingiye ku gukubita no gukomeretsa n’ibikomoka ku makimbirane yo mungo.

Mukandahiro Rosine avuga ko batewe ishema no kwigurira imodoka y’isuku n’umutekano

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga Mudahemuka Jean Damascene yavuze ko bayihaye inyito igira iti “Umutekano niwo musingi wo kwesa imihigo.”

Yavuze ko imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyamiyaga yamuritswe ku munsi w’Umuganura bacyesha Inkotanyi ku isonga bakaba bawutuye Umukuru w’Igihugu.

Ati “Uyu munsi Umuganura twizihiza ushingiye ku mateka meza u Rwanda rurimo rwubaka aturuka ku rugamba rwo kubohora igihugu, Umuganura wa mbere twawuhawe n’Inkotanyi nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo twongeraga kugira ubumwe bw’abanyarwanda.”

Yavuze ko bashingiye ku bunini bw’Umurenge wa Nyamiyaga, izabafasha mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha ndetse no gutabara mu gihe umutekano wahungabanye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga Mudahemuka Jean Damascene

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvere yavuze ko baganuye mu buryo bushimishije, burimo kuba abaturage bo mu Murenge wa Nyamiyaga nyuma yo kubona umusaruro mubyo bakora barafashe umwanzuro mwiza wo kwigurira imodoka yo kubafasha kwicungira umutekano.

Ati ” Mu by’ukuri iki kibaye ikimenyetso cy’ibishoboka kuba Umurenge nk’uyu nguyu uri mu gice cy’icyaro ubasha kwigurira imodoka, abantu bakishyira hamwe, ibi bigaragaza imyumvire, imitekerereze, bigaragaza icyerekezo, turibwira ko ari umuco twifuza ko ukwiye gukwira no mu yindi mirenge, turabiganira kugira ngo rwose n’ahandi bibashe kuhagera.”

Muri ibi birori by’Umuganura Umupfumu Rutangarwamaboko unavuka mu Bibungo mu Murenge wa Nyamiyaga ari mubambitswe imidari yishimwe “Ijabo ry’Intore” nk’umwe mu bagira uruhare mu gusigasira umuco nyarwanda by’umwihariko ku ivuko rye.

Uyu mupfumu yatanze ikiganiro cyari gikubiyemo amateka n’igisobanuro cy’umunsi w’Umuganura ndetse n’uburyo ari ipfundo rikomeye mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Abayobozi mu nzego zitandukanye bakorera muri Nyamiyaga nabo bambitswe imidari kubera uruhare rwabo mu iterambere rw’Umurenge. Bashimiwe ubufatanye bwabo n’abaturage kugira ngo ku munsi w’Umuganura uyu Murenge ube wifitiye imodoka y’umutekano.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvere avuga ko bifuza ko ibyakozwe n’abaturage bo mu Murenge wa Nyamiyaga byagera n’ahandi
Abaturage basabye ko iyi modoka izakoreshwa ibyo yaguriwe bitarimo kwifungwa n’abayobozi mu nyungu zabo bwite

Hamuritswe umusaruro ukomoka ku buhinzi ndetse n’ibikorerwa mu nganda
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga yambitswe umudari w’ishimwe
Umupfumu Rutangarwamaboko yambitswe umudari w’ishimwe

Abaturage bari babukereye mu birori by’umunsi w’Umuganura
Bacinye akadiho bishimira ibyo bagezeho


NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW i Kamonyi

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Ishyaka Green Party ryivuze imyato ku izamurwa ry’umushahara w’Abarimu

Inkuru ikurikira

Arsenal yatangiye shampiyona itanga ubutumwa

Inkuru ikurikira
Arsenal yatangiye shampiyona itanga ubutumwa

Arsenal yatangiye shampiyona itanga ubutumwa

Ibitekerezo 1

  1. Umurungi Alice says:
    shize

    Ikibazo cy’umutekano kiragoye yuko umutekano wagombye kuba inshingano za Leta mbere yo kuba wagurwa n’abaturage! Kwumva abaturage basora ariko bakanagura umutekano bitera urujijo ku byerekeye inshingano za Leta y’Urwanda,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru zikunzwe

  • Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • AS Kigali yasubije Lt Gen Mubarakh Muganga

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Sandra Teta n’abana yabyaranye na Weasel bazanwe mu Rwanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • IBUKA yagiriye inama Past Kalisa urega mugenzi we gutanga ikirego muri RIB

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Padiri Muzungu uzwi cyane nk’Umwanditsi w’ibitabo yatabarutse ku myaka 90

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

2022/08/17 8:03 AM
RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

2022/08/17 3:08 AM
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

2022/08/17 1:56 AM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010