Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Ferwafa yashyize igorora abatoza b’abagore

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/08/02 1:51 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, yahaye ubwasisi abatoza b’abagore bifuza gukorera Licence C CAF.

Abatoza b’abagore bafite Licence D bahawe ubwasisi na Ferwafa

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda haracyarimo kwitinya, bigera aho no gukorera ibyangombwa byo gutoza bikigenda biguruntege.

Related posts

AMAFOTO: Kiyovu yatangije amarushanwa y’abakiri bato

AMAFOTO: Kiyovu yatangije amarushanwa y’abakiri bato

2022/08/16 10:35 PM
Jürgen Klopp yababajwe n’imyitwarire ya Darwin Nuñez

Jürgen Klopp yababajwe n’imyitwarire ya Darwin Nuñez

2022/08/16 5:50 PM

Kuba abatoza b’abagore babarizwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda bakigenda gahoro mu gushaka ubumenyi, biri mu mbogamizi uyu mupira ufite ariko uko iminsi yicuma hagenda hashakwa ibisubizo.

Aha niho Tumutoneshe Diane ushinzwe umupira w’abagore muri Ferwafa, yabwiye UMUSEKE ko abatoza b’abagore bafite Licence D bifuza gukorera Licenc C CAF bazishyurirwa n’iri shyirahamwe.

Ati “Imwe mu mbogamizi dufite mu mupira w’amaguru w’abagore, harimo iyo kuba badakunda kwiga kubera impamvu nyinshi zitandukanye. Gusa ubu nka Ferwafa twiyemeje kuzishyurira abafite Licence D bifuza gukorera C.”

Uyu Komiseri yakomeje avuga ko intego ye nk’uhagarariye inyungu z’umupira w’abagore muri Ferwafa, ari uko byibura mu myaka ibiri hazaba habonetse abatoza b’abagore 20 bafite nibura Licence C kandi bishoboka cyane kuko abahari ubu ari 13.

Muri Kamena, Ferwafa yasohoye itangazo risaba abifuza gukorera Licence C CAF, ko bagomba kubanza kwishyura ibihumbi 150 Frw kuri konti y’iri shyirahamwe.

Mu rwego rwo gukomeza gufasha abatoza b’abagore, ubwo Nkusi Edmond ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’Amaguru muri Ferwafa yaganiraga na Bplus TV, yavuze ko bagiye kubashakira amahugurwa yihariye azaba atarimo abagabo.

Tumutoneshe Diane ushinzwe umupira w’abagore muri Ferwafa yemeje ko bazishyurira abatoza b’abagore bazakorera Licence C CAF
Amakipe y’abagore aracyagaragaramo abatoza bake b’abagore

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

No gutandukana birashoboka umusaruro nubura; Juvénal yavuze k’umutoza mushya

Inkuru ikurikira

Perezida Kagame yatangaje ko Ibigo  bimwe bya Leta bizegurirwa abikorera

Inkuru ikurikira
Perezida Kagame yatangaje ko Ibigo  bimwe bya Leta bizegurirwa abikorera

Perezida Kagame yatangaje ko Ibigo  bimwe bya Leta bizegurirwa abikorera

Inkuru zikunzwe

  • Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • AS Kigali yasubije Lt Gen Mubarakh Muganga

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Sandra Teta n’abana yabyaranye na Weasel bazanwe mu Rwanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • IBUKA yagiriye inama Past Kalisa urega mugenzi we gutanga ikirego muri RIB

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Padiri Muzungu uzwi cyane nk’Umwanditsi w’ibitabo yatabarutse ku myaka 90

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

2022/08/17 8:03 AM
RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

2022/08/17 3:08 AM
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

2022/08/17 1:56 AM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010