Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Juvénal yakuriye Abayovu inzira ku murima kuri Emmanuel Okwi
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Juvénal yakuriye Abayovu inzira ku murima kuri Emmanuel Okwi

HABIMANA Sadi HABIMANA Sadi 04/08/2022 2:53

Perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, yemeje ko ibiganiro na rutahizamu Emmanuel Arnold Okwi, biri mu nzira nziza ariko ko atanagarutse bidakwiye kuba byacitse kuko atari kampala.

Emmanuel Okwi nanubu nta kipe arasinyira

Mu mwaka ushize w’imikino, umwe mu bakinnyi beza Kiyovu Sports yari ifite ndetse wanayifashije, ni rutahizamu Emmanuel Arnold Okwi ukomoka muri Uganda.

Ni umuinnyi wafashije iyi kipe mu mikino yayikiniye irimo uwo Kiyovu yatsinzemo APR FC ibitego 2-1.

Nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka yari yasinyiye iyi kipe yo ku Mumena, Okwi yasubiye iwabo muri Uganda ariko abashinzwe kumushakira akazi [agents] bo bakomeje kumushakira aho yajya gukina hatari mu Rwanda.

Aganira n’abanyamakuru, perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, yameje ko hari ibiganiro n’uyu rutahizamu ngo agaruke muri iyi kipe kandi hari icyizere cyo kuba yayigarukamo.

Ati “Emmanuel Okwi yasoje amasezerano. Twamweretse ko tumwifuza. Ubu nta kipe afite, yajya mu ikipe ashaka yose yamuha byinshi. Twamuhaye offer yacu, nayishima azagaruka, kandi natanayishima tuzashaka n’abandi.”

Yongeyeho ati “Ariko turaganira kandi nta yindi kipe arasinyira. Mu gihe nta handi arasinya ibiganiro byacu nawe biracyahari kandi biragenda neza ndetse bigeze heza.”

Amakuru avuga ko uyu rutahizamu w’imyaka 29, yifuza kujya gukina ku mugabane wa Aziya ariko bitakunda akabanza gushaka ahandi bamuha ibyisumbuye ku byo Kiyovu Sports yamuhaga.

Okwi yakiniye amakipe arimo Simba SC, Yanga SC zo muri Tanzania, SCV Kampala, Étoile du Saleh, El Ittihad, SönderjyskE.

- Advertisement -
Perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yemeje ko ibiganiro na Okwi biri kugenda neza ariko ko kumugumana bidakunze nta gikuba cyaba cyacitse
Okwi yari umwe mu bagenderwagaho muri Kiyovu Sports

UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Abateza imbere abafite ubumuga bagiye gushimirwa

Inter Miami yemeye gufasha Messi gusubira Camp Nou

Volleyball: FRVB igiye guhugura abatoza mu mashuri

Rwanda: Umuntu 1 muri 5 afite ibibazo  byo mu mutwe

Ubugiraneza bwa Rayon Sports bwaba bwarayigonze ijosi?

HABIMANA Sadi 04/08/2022 2:53 04/08/2022 2:53
Share
Inkuru ibanza U Rwanda ruzasobanura uko Rusesabagina yafashwe mu buryo bukurikije amategeko
Inkuru ikurikira Umukobwa yategereje umuhungu bari gusezerana ku Kiliziya aramuheba
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Rubavu: Ubuharike buhonyora ubumwe n’umudendezo mu miryango
Mu cyaro
Abateza imbere abafite ubumuga bagiye gushimirwa
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Inter Miami yemeye gufasha Messi gusubira Camp Nou
Imikino
Volleyball: FRVB igiye guhugura abatoza mu mashuri
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Ubuharike buhonyora ubumwe n’umudendezo mu miryango
04/10/2023 11:13

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?