Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Afurika

MONUSCO yababajwe n’icyemezo cyo Kwirukana Umuvugizi wayo ku butaka bwa Congo

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/08/05 7:11 AM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Ingabo zishinzwe kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo, MONUSCO zasohoye itangazo ririmo akababaro zatewe no kuba Leta ya Congo iherutse gusaba ko Umuvugizi w’izi ngabo azinga ibye akahava mu gihe gito gishoboka.

Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann, aherutse kuvuga ko nta bimenyetso bigaragaza ko u Rwanda rufasha M23

MONUSCO ivuga ko ibabajwe n’iyirukanwa ry’Umuvugizi wayo bikozwe na Guverinoma ya Congo.

Related posts

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

2022/08/17 8:03 AM
RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

2022/08/17 3:08 AM

Itangazo ryo ku wa 3 Kanama, 2022 rivuga ko MONUSCO ibabajwe no kuba Leta ya Congo yasabye umwe mu bayigize kuva ku butaka bwayo.

Gusa, itangazo rivuga ko abari muri ubwo butumwa “biyemeje gukomeza gukorana bya hafi n’abaturage ndetse n’ubuyobozi kugira ngo bagere ku nshingano bahawe n’Akanama ka UN gashinzwe Amahoro ku isi.”

Leta ya Congo ku wa 28 Nyakanga, 2022 nibwo yahoye itagangazo risaba ko Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann, afata ibyangushye akava ku butaka bwayo mu gihe gito gishoboka.

Nubwo itangazo ryanditswe ku wa 28 Nyakanga, ryaje kugera hanze nyuma.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, akaba na Minisitiri w’Intebe wungirije wa Congo, Christophe Lutundula Apala, yashinje Mathias Gillmann kuvuga amagambo ashobora kuba yarabaye intandaro y’imvururu ziherutse gutezwa n’abaturage bamagana MONUSCO.

Leta ya Congo muri iyo baruwa yandikiye MONUSCO ivuga ko Mathias Gillmann agumye ku butaka bwayo bitafasha kugirana icyizere hagati ya Leta n’ingabo za MONUSCO ziri mu butumw abw’amahoro ngo zibashe kugera ku ntego zazo, ndetse ngo nta n’icyo byafasha mu gukomeza igihe cyagenwe ko ziriya ngabo zizagenda ziva gahoro gahoro muri Congo igihe ubutumwa bwazo buzaba burangiye.

Congo ngo yahaye MONUSCO nibura kuzaba yavuye ku butaka bwayo mu mwaka wa 2024.

Mathias Gillmann usabwa kuva muri Congo yaba ngo yaravuze ko MONUSCO ifatanyije n’ingabo za Congo mu guhangana n’inyeshyamba za M23. Ariko anongeraho ko ibikoresho bafite bidahagije ngo bahangane n’indi mitwe yitwaje intwaro irimo ADF, (urwanya ubutegetsi bwa Uganda), bityo ko hari uduce ingabo za MONUSCO n’iza Congo zitazageramo ku buryo buhagije.

Yabivugiye mu kiganiro n’Abanyamakuru cyabaye tariki 13 Nyakanga, 2022 i Kinshasa.

Ndetse Mathias Gillmann yagize ati “Inyeshyamba za M23 ziritwara nk’ingabo z’umwuga, zifite ibikoresho bigezweho kuruta ibyo zahoranye.”

Umubano wa MONUSCO n’abaturage ba Congo ntumeze neza, bamaze igihe mu myigaragambyo isaba izi ngabo za UN guhambira zikava ku butaka bwabo, ndetse yaguyemo abantu 36 ikomerekeramo abarenga 60.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Doze ya kabiri ishimangira y’urukingo rwa Covid-19 igiye gutangwa ku bakuze

Inkuru ikurikira

Abajya mu imurikagurisha ribera i Gikondo bizejwe umutekano usesuye

Inkuru ikurikira
Abajya mu imurikagurisha ribera i Gikondo bizejwe umutekano usesuye

Abajya mu imurikagurisha ribera i Gikondo bizejwe umutekano usesuye

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru zikunzwe

  • Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • AS Kigali yasubije Lt Gen Mubarakh Muganga

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Sandra Teta n’abana yabyaranye na Weasel bazanwe mu Rwanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • IBUKA yagiriye inama Past Kalisa urega mugenzi we gutanga ikirego muri RIB

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Padiri Muzungu uzwi cyane nk’Umwanditsi w’ibitabo yatabarutse ku myaka 90

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Kigali: Mu buryo busa nko kwigumura abamotari banze gukoresha Mubazi

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

2022/08/17 8:03 AM
RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

2022/08/17 3:08 AM
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

2022/08/17 1:56 AM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010