Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amahanga

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/08/17 3:08 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Abantu cumi na barindwi biciwe mu gitero cyagabwe kuri uyu wa kabiri, tariki 16 Kanama, ahacukurwa amabuye y’agaciro hitwa Waya i Djugu mu ntara ya Ituri ho muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Igiturage cyo muri Djugu ahagabwe igitero cyaguyemo abantu 17

Ni igitero cyagabwe n’umutwe w’inyeshyamba za CODECO zakomerekeje abaturage benshi abandi zibafata ku ngufu nyuma yo kubura kirengera.

Izi nyeshyamba za CODECO zasahuye imitungo y’abaturage baje kugerwaho n’ingabo za Leta zamaze kwikubura.

Abayobozi b’inzego z’ibanze basabye ko abaturage bacungirwa umutekano kuko batekewe n’ubwoba isaha n’isaha abagizi ba nabi bagaruka bakabica.

Kwamamaza

Umuvugizi w’igisirikare cya Congo muri Ituri yirinze kugira icyo atangaza ubwo yabazwaga ingamba zihamye zo gutuza imitwe y’inyeshyamba yayogoje iriya Ntara.

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ubwicanyi bukozwe n’imitwe yitwaje intwaro bukomeje gufata indi ntera mu gihe FARDC ihugiye guhangana n’umutwe wa M23 indi ikidegembya mu biturage bitandukanye.

Iyi mitwe kandi hari ibice usanga yarigaruriye aho ingabo za Leta zitahakandagiza ikirenge bikaba bigira ingaruka ku baturage.

Leta ya Congo itangaza ko Ingabo za EAC zitarimo iz’u Rwanda zatangiye kwinjira muri kiriya gihugu mu rwego rwo kurandura burundu imitwe ibarirwa mu magana yazengereje ubutegetsi bwa Thisekedi.

NDEKEZI OHNSON / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Inkuru ikurikira

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

RDC: Bashenguwe n'urupfu rw'Umujenerali waguye i Goma

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010