Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amahanga

RDC: Bashenguwe n’urupfu rw’Umujenerali waguye i Goma

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/08/17 8:03 AM
A A
7
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umusirikare mukuru wari ufite ipeti rya General mu ngabo za Leta ya Congo akaba yari na komanda w’akarere ka 34, yitabiye Imana mu Mujyi wa Goma azize uburwayi yari amaranye igihe gito.

Brig Gen Tshinkobo Mulumba Ghislain yitabye Imana azize uburwayi

Brig Gen Tshinkobo Mulumba Ghislain, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Kanama 2022 aho yaguye mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Carly Nzanzu Kasivita yavuze ko batewe agahinda n’urupfu rw’uyu mujenerali w’ibigwi muri FARDC.

Yagize ati “Mbega umunsi mubi kubera kumva inkuru mbi y’urupfu rwa General Ghislain Mulumba, nihanganishije umuryango wawe kandi ibikorwa byawe wakoreye igihugu tuzabizirikana. Roho yawe iruhukire mu mahoro.”

Urupfu rw’uyu mujenerali rwemejwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za RD Congo, yavuze ko batewe agahinda n’urupfu rwe.

Kwamamaza

Uyu musirikare mukuru muri FARDC yitabye Imana nyuma y’amezi abiri yemejwe nk’umuyobozi w’ibikorwa bya FARDC by’Akarere ka 34 mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Uyu mwanya yawugiyeho mu mpera za Kamena 2022 ubwo yari awusimbuyeho Brig Gen Kapinga Mwanza.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

Inkuru ikurikira

Rutsiro FC yabonye umuyobozi mushya

Izo bjyanyeInkuru

Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

2023/06/04 11:18 PM
Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

2023/06/04 6:04 PM
Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

2023/06/04 2:20 PM
Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

2023/06/04 2:02 PM
Ubuziranenge bw’ibiribwa bwagaragajwe nk’intwaro mu kongera abasura u Rwanda

Ubuziranenge bw’ibiribwa bwagaragajwe nk’intwaro mu kongera abasura u Rwanda

2023/06/04 12:00 PM
Abana bahize abandi mu marushanwa yo kwandika bahawe umukoro

Abana bahize abandi mu marushanwa yo kwandika bahawe umukoro

2023/06/04 8:25 AM
Inkuru ikurikira
Rutsiro FC yabonye umuyobozi mushya

Rutsiro FC yabonye umuyobozi mushya

Ibitekerezo 7

  1. butare says:
    shize

    Impfu nyinshi ziterwa n’uburwayi.Ariko se koko yitabye imana?Abaye yitabye imana mu ijuru,bene wabo bakoresha umunsi mukuru,aho kurira.Muzarebe iyo umuntu wacu agiye i Burayi,turishima cyane.Reba noneho agiye mu ijuru !!! Ikinyoma cya Roho idapfa,cyahimbwe n’umugereki witwaga Socrates utaremeraga imana abakristu dusenga.Muli bible,Umubwiriza igice cya 9 umurongo wa 5,havuga ko upfuye atongera kumva.Yesu,muli Yohana 6,umurongo wa 40,yavuze ko upfuye yaririndaga gukora ibyo imana itubuza,izamuzura ku munsi wa nyuma,imuhe ubuzima bw’iteka.Tujye twibuka ko abemera cyangwa abigisha ibidahuje na bible,imana ibafata nk’abahakanyi kandi batazaba muli paradizo.

    • Fernandel says:
      shize

      Umva ncuti, uzasome Bibiliya yose, ureke ako karongo kamwe gusa muhora mwitwaza! None se Yezu ubwe ntiyivugiye ko Imana ya Abrahamu, Izaki na Yakobo ari Imana y’abazima, si Imana y’abapfuye. Ni ukuvuga ngo Abrahamu, Izaki na Yakobo, n’abandi bapfuye ari incuti z’Imana NI BAZIMA N’UBWO KU MUBIRI BAPFUYE. ROHO HABO NI NZIMA. Ariko abapfira mu byaha, kure y’Imana, imibiri y’abo na roho byabo byose birapfa! Uzasome mu gitabo cy’Ubuhanga aho (Ubuhanga 3, 1-10) kigira giti:
      UBUHANGA 3
      Amaherezo y’intungane anyuranye n’ay’abagome
      1Roho z’intungane ziri mu biganza by’Imana,
      kandi nta n’igitotezo kizongera kubageraho.
      2Mu maso y’ibipfamutima bameze nk’abapfuye burundu,
      barigendeye basa nk’aho bagushije ishyano,
      3bagiye kure byitwa ko barimbutse,
      nyamara bo bibereye mu mahoro.
      4Ndetse n’ubwo mu maso y’abantu basa n’abahanwe,
      bahorana amizero yo kutazapfa.
      5Nibamara guhanishwa ibihano byoroheje,
      bazahabwa ingororano zitagereranywa.
      Imana yarabagerageje isanga bakwiye kuba abayo;
      6yarabasukuye nka zahabu mu ruganda,
      ibakira nk’igitambo kitagira inenge.
      7Igihe Imana izabagenderera, ni bwo bazabengerana,
      barabagirane nk’ibishashi by’umuriro mu bikenyeri byumye.
      8Bazacira amahanga imanza kandi bategeke ibihugu,
      maze Nyagasani ababere umwami iteka ryose.
      9Abamwiringiye bazamenya ukuri icyo ari cyo,
      abamuyobotse bazibanire na we mu rukundo,
      kuko asesekaza ubuntu n’imbabazi ku ntungane ze,
      ntanareke gusura abo yitoreye.
      10Ariko abagome bazahanishwa igihano gikwiranye n’ibitekerezo byabo,
      kuko bahinyuye umuntu w’intungane kandi bakitarura Nyagasani.

    • Nibyo says:
      shize

      Ariko abantu mwiyita ko muzi iby’Imana muranyobera rwose! Imvugo kwitaba Imana mu Kinyarwanda isobanuye Gupfa. Ntabwo biba bivuze ko yasanze Imana. Na Bibiliya tutarayimenya iyo mvugo yarakoreshwaga. Sintekereza ko wowe uvutse ejo bundi ari wowe ufite ubumenyi buhambaye mu rurimi rwacu ku buryo wahindura imvugo dusanzwe dukoresha mu bihe runaka. Ese wowe urareba ugasanga urusha Socrate ubwenge niba yaranabivuze? Iyo mirongo yo muri Bibiiya umanukura yo uzi yaranditswe mu yihe context usibye kumanukura ibyanditswe gusaaaa.

      Ikindi nagira ngio ujye witaho rwose, menya ko mu Kinyarwanda “Imana data” yandikishwa inyuguti nkuru!!! Banza uhere no kuri aho gato ubone kujya mu bya roho idapfa yasobanuwe n’Abafilozofi.

  2. Fernandel says:
    shize

    @Butare: Ikindi ujye uvuga ibyo uzi! Ngo igitekerezo cya roho idapfa cyazanywe na Socrate. Wabibwiwe na nde? Wabisomye he? Ari Socrate urata na Bibiliya wemera iki, wemera nde?
    Inama: Subira ku ishuri!!!

    • Patos says:
      shize

      Socrate ntabyo yavuze.Butare akeneye kwishwa,nanze kumwita igicucu kuko Imana itarema igicucu ariko hari ibigirabyo

      • Patos says:
        shize

        Butare akeneye kwigishwa

  3. Rusenyanteko says:
    shize

    Mujye mwivugira icyongereza igifaransa nizindi ndimi zivugwa kwisi nazo kandi ntimuzizi neza!none mwadutse muri bible!ubwo se muri mwe ninde ufite ukuri?reka mbakiranure mwembi mbahe zero

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

2023/06/05 7:21 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010