Umutoza mukuru wa APR FC, Adil Erradi Muhammed, yagiye gukoresha imyitozo aho ikipe isanzwe iyikorera i Shyorongi, abuzwa kuyikoresha kuko yahagaritswe.
Uwahaye amakuru UMUSEKE, yavuze ko uyu mutoza [ADIL] yaje yiteguye gukoresha imyitozo nk’ibisanzwe ariko abwirwa ko atabyemerewe.
Ibi byose biraturuka ku kuba harabayeho guterana amagambo hagati y’uyu mutoza na Manishimwe Djabel nyuma y’amagambo yavugiye mu itangazamakuru.
Amakuru yandi avuga ko uyu munya-Maroc ashobora gutandukana na APR FC, nyamara muri Nyakanga yasinye amasezerano azarangira mu 2024.
UMUSEKE.RW